Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra

radiotv10by radiotv10
26/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturarwanda ufite inkomoko muri Oman, utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, watsinze urubanza yaburanagamo n’umuturanyi we, akanasubizwa umutungo baburanaga, akanandikira Perezida Paul Kagame amushimira, aravuga ko ubu agarutse amuririra kuko ubuyobozi bushaka guca ruhinganyuma ngo buteshe agaciro icyemezo cy’Urukiko.

Al BARWANI Jamila Hamood Salim utuye mu Mudugudu wa Rurembo mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, yatsinze urubanza yaburanagamo n’umuturanyi we, rwasomwe tariki 30 Kanama 2022.

Tariki 17 Ugushyingo 2022, Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga yaje kurangiza urubanza, asubiza uyu muturage umutungo w’ubutaka yari yatsindiye muri uru rubanza.

Al BARWANI Jamila Hamood Salim yabwiye RADIOTV10 ko kuva iki gihe atigeze abona umutekano kuko hari abayobozi bakomeje kumuhoza ku nkeke bashaka gutesha agaciro biriya byemezo.

Ati “Baraje barapima bampereza ibyanjye ndishima, bamaze kubinsubiza nyuma buri munsi nkajya mbona ibibazo. Nabonye abantu baje bavuga ko bavuye mu Ntara bahagarariye ubutaka, baza gupima ubutaka bwanjye ngo kuko basanze barapimye nabi.”

Muri iki kiganiro cye avuga ko ari ubutumwa ageneye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagize ati “Nyakubahwa ndagusaba umfashe nkuko wamfashije ukurikirane aba bantu bari kumbuza amahoro, nta mahoro mfite nyakubahwa.”

Uyu muturage avuga ko abo bayobozi barimo itsinda ry’abo mu biro by’umubitsi w’impapuro mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba, bamurembeje kuko bari gukorana n’uwo baburanaga bashaka kumusubiza umutungo yari yatsindiye.

Akomeza avuga ko aka karengane kadakwiye, ati “Oya, ibi birakabije, Urukiko rurangije ikintu cyose, nandikira Perezida mushimira ko bampereje ibyanjye, none irindi tsinda riraje ngo baje gupima…

Nyakubahwa nubwo ntazi kuvuga ikinyarwanda neza ariko ngarutse kukuririra, ni njyewe Jamila Hamood Salim uturuka muri Oman, ndi Umunyamahanga muri iki Gihugu nkoreramo, ariko ubu nta mutekano mfite.”

Umuhesha w’inkiko w’umwuga Me Nsengiyumva Jean Damascene warangije uru rubanza, avuga ko ibyakozwe n’iri tsinda ry’umubitsi w’impapuro mpamo mu Ntara y’uburengerazuba ryaje riherekejwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, bidakurikije amategeko ndetse ko bisa nk’iterabwoba bashyira kuri uyu muturage.

Ati “Njye mbibonamo gukoresha ububasha bafite mu gushaka gutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko kuko bose barabizi ko iyo Umuhesha w’Inkiko yarangije nabi urubanza, hari izindi nzira zateganyijwe ariko ntabwo hazamo izindi nzego nka Gitifu w’akagari cyangwa w’Akarere cyangwa mayor w’Akarere.”

Uyu muhesha w’Inkiko uvuga ko yakoze ibiri mu bubasha bwe, yavuze ko atazi ikihishe inyuma y’ibiri gukorwa n’ubuyobozi ariko ko gishobora kuba gihari.

Umubitsi w’Inyandiko mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba, Jean Claude Tuyisenge waje mu gikorwa cyo kongera gupima ubu butaka, yavuze ko iki gikorwa bagitegetswe n’Umucamanza, ariko ko bahuye n’imbogamizi ubwo umwe muri aba bafitanye ikibazo, yitambikaga iki gikorwa.

Ati “Icyo twakoze ni ukubifatira inyandiko kuko ntabwo twari kujya mu butaka bw’umuntu atabyemeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Idephonse Kambogo aherutse kubwira RADIOTV10 ko iyo havutse ikibazo mu myanzuro yaturutse mu nkiko, nubundi bikemurwa n’Inkiko ariko ko Akarere kadashobora kubyinjiramo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Next Post

Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Related Posts

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.