Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra

radiotv10by radiotv10
26/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Rubavu: Umunyamahanga washimiye Perezida ko yakemuriwe ikibazo ubu aramuririra
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturarwanda ufite inkomoko muri Oman, utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, watsinze urubanza yaburanagamo n’umuturanyi we, akanasubizwa umutungo baburanaga, akanandikira Perezida Paul Kagame amushimira, aravuga ko ubu agarutse amuririra kuko ubuyobozi bushaka guca ruhinganyuma ngo buteshe agaciro icyemezo cy’Urukiko.

Al BARWANI Jamila Hamood Salim utuye mu Mudugudu wa Rurembo mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, yatsinze urubanza yaburanagamo n’umuturanyi we, rwasomwe tariki 30 Kanama 2022.

Tariki 17 Ugushyingo 2022, Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga yaje kurangiza urubanza, asubiza uyu muturage umutungo w’ubutaka yari yatsindiye muri uru rubanza.

Al BARWANI Jamila Hamood Salim yabwiye RADIOTV10 ko kuva iki gihe atigeze abona umutekano kuko hari abayobozi bakomeje kumuhoza ku nkeke bashaka gutesha agaciro biriya byemezo.

Ati “Baraje barapima bampereza ibyanjye ndishima, bamaze kubinsubiza nyuma buri munsi nkajya mbona ibibazo. Nabonye abantu baje bavuga ko bavuye mu Ntara bahagarariye ubutaka, baza gupima ubutaka bwanjye ngo kuko basanze barapimye nabi.”

Muri iki kiganiro cye avuga ko ari ubutumwa ageneye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagize ati “Nyakubahwa ndagusaba umfashe nkuko wamfashije ukurikirane aba bantu bari kumbuza amahoro, nta mahoro mfite nyakubahwa.”

Uyu muturage avuga ko abo bayobozi barimo itsinda ry’abo mu biro by’umubitsi w’impapuro mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba, bamurembeje kuko bari gukorana n’uwo baburanaga bashaka kumusubiza umutungo yari yatsindiye.

Akomeza avuga ko aka karengane kadakwiye, ati “Oya, ibi birakabije, Urukiko rurangije ikintu cyose, nandikira Perezida mushimira ko bampereje ibyanjye, none irindi tsinda riraje ngo baje gupima…

Nyakubahwa nubwo ntazi kuvuga ikinyarwanda neza ariko ngarutse kukuririra, ni njyewe Jamila Hamood Salim uturuka muri Oman, ndi Umunyamahanga muri iki Gihugu nkoreramo, ariko ubu nta mutekano mfite.”

Umuhesha w’inkiko w’umwuga Me Nsengiyumva Jean Damascene warangije uru rubanza, avuga ko ibyakozwe n’iri tsinda ry’umubitsi w’impapuro mpamo mu Ntara y’uburengerazuba ryaje riherekejwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, bidakurikije amategeko ndetse ko bisa nk’iterabwoba bashyira kuri uyu muturage.

Ati “Njye mbibonamo gukoresha ububasha bafite mu gushaka gutesha agaciro icyemezo cy’Urukiko kuko bose barabizi ko iyo Umuhesha w’Inkiko yarangije nabi urubanza, hari izindi nzira zateganyijwe ariko ntabwo hazamo izindi nzego nka Gitifu w’akagari cyangwa w’Akarere cyangwa mayor w’Akarere.”

Uyu muhesha w’Inkiko uvuga ko yakoze ibiri mu bubasha bwe, yavuze ko atazi ikihishe inyuma y’ibiri gukorwa n’ubuyobozi ariko ko gishobora kuba gihari.

Umubitsi w’Inyandiko mpamo mu Ntara y’Iburengerazuba, Jean Claude Tuyisenge waje mu gikorwa cyo kongera gupima ubu butaka, yavuze ko iki gikorwa bagitegetswe n’Umucamanza, ariko ko bahuye n’imbogamizi ubwo umwe muri aba bafitanye ikibazo, yitambikaga iki gikorwa.

Ati “Icyo twakoze ni ukubifatira inyandiko kuko ntabwo twari kujya mu butaka bw’umuntu atabyemeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Idephonse Kambogo aherutse kubwira RADIOTV10 ko iyo havutse ikibazo mu myanzuro yaturutse mu nkiko, nubundi bikemurwa n’Inkiko ariko ko Akarere kadashobora kubyinjiramo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

BREAKING: Zibura iminota M23 ifashe icyemezo gitunguranye kiri mu murongo w’ibyo yasabwe

Next Post

Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Video y’indirimbo yaririmbyemo Buravan ataratabaruka irimo umuvandimwe we basa cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.