Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uwohereje umutetsi mu kwibuka, umugabo we yafunzwe akekwaho gukora Jenoside mu 1994

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wa Nyiraneza Esperance wohereje umukozi utekera abanyeshuri nk’umushyitsi mukuru mu muhango wo kwibuka wabereye muri G.S Nkama muri Rubavu, yatawe muri yombi akurikiranyweho gukora Jenoside mu 1994.

Uwatawe muri yombi ni Baharakwibuye Jean usanzwe ari umugabo wa Nyiraneza Esperance wahoze ari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, waje kwirukanwa nyuma yo kohereza umukozi utekera abanyeshuri nk’umushyitsi mukuru mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabereye Rwunge rw’Amashuri Nkama.

Uyu Nyiraneza Esperance wanatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yari afunganywe n’umukozi utekera abanyeshuri yari yohereje muri uriya muhango ariko we aza kurekurwa.

Ikinyamakuru Bwiza, gitangaza ko Baharakwibuye Jean [umugabo wa Nyiraneza Esperance] yatawe muri yombi ku wa Mbere tariki 22 Kanama 2022 ubu akaba afungiye kuri Station ya RIB ya Kanama.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yemeje aya makuru, avuga ko Baharakwibuye Jean utuye mu Mudugudu wa Dufatanye mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu, akekwaho kuba yarishe umuntu muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Akekwaho gukora Jenoside aho mu gihe cya Jenoside yishe umugabo witwa Sebunyoni Jean.”

Baharakwibuye Jean w’imyaka 52 y’amavuko, yatangiye gukorwaho iperereza nyuma yuko habonetse umubiri wa Sebunyoni Jean akekwaho kuba yarishe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Dr Murangira avuga ko iki cyaha gikekwa kuri uyu mugabo, cyakorewe mu Mudugudu wa Busanganya mu Kagari ka Gacurabwenge mu Murenge wa Busasamana.

Aka gace kakorewemo icyaha gikekwa kuri Baharakwibuye Jean, kegereye umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho mu gihe cya Jenoside hari bariyeri yiciweho Abatutsi benshi bageragezaga guhunga bava mu Rwanda bajya muri iki Gihugu cy’abaturanyi.

RIB ivuga ko iri gukora dosiye y’ikirego kiregwamo Baharakwibuye Jean kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha na bwo buzamuregere Urukiko rubifitiye ububasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Next Post

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.