Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Yiyahuye yimanitse mu mugozi asiga urwandiko avugamo icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Yiyahuye yimanitse mu mugozi asiga urwandiko avugamo icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, umusore w’imyaka 25 y’amavuko, bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye aho bikekwa ko yiyahuye kuko basanze urwandiko yanditse asezera ku Isi anavuga icyatumye yiyambura ubuzima.

Uyu musore witwa Ukwigize Felix wari utuye mu Kagari ka Umuganda, bamusanze amanitse mu mugozi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 hafi y’umugezi wa Sebeya uherereye muri aka gace.

Uyu musore wari usanzwe akomoka mu Karere ka Muhanda, yasize yanditse urwandiko, avugamo igitumye afata iki cyemezo cyo kwiyambura ubuzima.

Mbere y’uko bamusanga yapfuye, kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022 uyu musore babanje kumubura ariko basanga yanditse urwandiko asezera.

Abaturage bafatanyije n’inzego z’ubuyobozi mu kumushakisha ariko umunsi urinda wira bataramubona.

Abatuye muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko bakomeje kumushakisha, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare akaba ari bwo bamusanga amanitse mu mugozi yapfuye.

Tuyishime Jean Bosco uyobora Umurenge wa Gisenyi, yavuze ko uru rwandiko yarwandikiye abo mu rugo yabagamo, abamenyesha ko yari afite uburwayi bwo mu mutwe yatewe n’umuryango.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + five =

Previous Post

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Next Post

TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.