Saturday, March 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in MU RWANDA
0
Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka baraheba, babibazaho bagasabwa gukomeza gutegereza bihanganye.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagali ka Mahembe; bavuga ko mu gihe cyo kubaruza ubutaka babikoze nk’abandi baturage bose, ariko nyuma y’igihe kinini bategereje ibyangombwa baraheba. Bavuga ko byabateye impungenge nyuma yo kubona abandi babibonye  bo ntibabihabwa.

Mukanemeye ati “Twategereje ibyangombwa birabura, nyuma tubaza impamvu batubwira ko tugomba gukomeza gutegereza ko bizaza. Ubu imyaka irashize tubitegereje twarahebye.”

Aba baturage bavuga ko kenshi inzego zishinzwe ubutaka ndetse n’abayobozi batandukanye bagiye babasura bakabizeza ko ikibazo cyabo kizakemuka vuba, ariko imyaka igashira indi igataha ntibahabwe ibyangombwa byabo.

Bavuga ko kutagira ibyangombwa by’ubutaka bibashyira mu bibazo bitandukanye birimo no kutabasha kububyaza umusaruro uko bikwiye cyangwa kubukoresha mu bikorwa bibateza imbere.

Rubayiza ati “Kutagira ibyangombwa by’ubutaka bituma tutabasha gutera imbere uko bikwiye. Hari ibikorwa twakora ariko tukabibura kubera ko nta byangombwa byemeza ubutaka bwacu dufite.”

Aba baturage bavuga ko ikibazo atari icy’abantu bake kuko hari benshi mu Mudugudu wa Nyabisindu bafite ikibazo nk’icyo, bagasaba inzego zibishinzwe kugikurikirana bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukangenzi Alphonsine, ntiyashatse kugira byinshi atangaza kuri iki kibazo. Mu butumwa bugufi, yasabye ko ahabwa imyirondoro y’abaturage bafite ikibazo kugira ngo gikurikiranwe. Ati “Mwaramutse neza,wampa amazina yabo tukamenya aho ikibazo kiri tukagikurikirana.”

Aba baturage bavuga ko ikibababaje ari uko batigeze babwirwa impamvu ituma batabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, ahubwo bagahora babwirwa ko bazabibona vuba ariko imyaka igashira nta gikozwe, ibintu bavuga ko bisa no gusiragizwa. Bakomeje gusaba inzego zibishinzwe kubafasha iki kibazo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka byabo.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eight =

Previous Post

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Related Posts

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

by radiotv10
13/03/2026
0

Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z'Ingabo (Defence...

IZIHERUKA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha
MU RWANDA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

14/03/2026
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

14/03/2026
Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

14/03/2026
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

13/03/2026
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.