• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, June 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

radiotv10by radiotv10
13/06/2026
in Uncategorized
0
Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari abakozi n’imiryango y’abakoraga mu yahoze ari Amakomini yo mu Karere ka Ruhango, umwe mu baharokokeye yatanze ubuhamya bw’uburyo Inkotanyi zamurokoye ku munsi yari kwicirwaho.

Muri iki gikorwa cyo Kwibuka cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kamena 2026, bamwe mu barokotse Jenoside bo muri ayo makomini bagarutse ku bihe bikomeye banyuzemo, bavuga ko kurokoka byashobotse kubera ubutwari bw’Ingabo z’Inkotanyi zahagaritse Jenoside zikanabarokora.

Mukanziza Nelia, watanze ubuhamya, yavuze ko umugabo we wakoreraga Komini Masango yishwe muri Jenoside, ariko ko we yarokotse abikesha Inkotanyi. Ashima uruhare rwazo ndetse na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yakomeje guhumuriza no kongera kubaka abarokotse Jenoside.

Yagize ati “Inkotanyi zadukoreye ibikomeye, zaradutabaye. Umunsi nari kwicwaho zaraje zirandokora, ndetse n’abo twari turi kumwe. Uyu munsi twabashije kwiyubaka kandi tubikesha ubuyobozi bwiza bwita ku barokotse Jenoside.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yasabye abakozi b’Akarere n’Abanyarwanda muri rusange gukomeza kurinda ubumwe no kwamagana icyatuma amacakubiri yongera kuboneka.

Ati: “Isomo twakuramo ni ukurinda ubumwe bwacu. Ni ukurinda ubumwe bw’Abanyarwanda no kwimakaza indangagaciro z’ubumuntu no guharanira ko urwango rushingiye ku moko, inkomoko cyangwa ivangura bitazongera kugira umwanya muri sosiyete yacu.”

Imibare igaragaza ko kugeza ubu hamaze kumenyekana abakozi 37 b’amakomini yo muri aka gace (Ntongwe, Kigoma, Tambwe, Mukingi, Murama, Masango na Mushubati) yahujwe akaba Akarere ka Ruhango, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe ubushakashatsi bukomeje kugira ngo hamenyekane amakuru yose ajyanye n’aya mateka.

Abitabiriye uyu muhango bavuga ko gukomeza kwibuka no guha agaciro amateka ari imwe mu nzira zo guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Banashimangira ko kubaka ubumwe n’ubudaheranwa ari inshingano za buri Munyarwanda.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 9 =

Previous Post

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

Related Posts

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

by radiotv10
08/06/2026
0

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko hari abakobwa bashakwa bataruruza...

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

by radiotv10
03/06/2026
0

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

Hongerewe amasaha yo gukora y’utubari n’utubyiniro mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.