Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko batakirya inyama kuko ibagiro bari bubakiwe ryafunzwe bitunguranye, none barasaba ibisobanuro ubuyobozi bukomeje gutuma bagira amerwe y’iri funguro rikunzwe batakibasha kubona.

Aba baturage bavuga ko iri bagiro riherereye mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo ryari ryatangiye gukora, ariko nyuma y’imyaka ine riza gufungwa n’ubuyobozi kuko ryubatswe mu gishanga ku buryo amazi n’imyanda byariturukagamo yangizaga amazi yo mu gishanga.

Ni mu gihe aba baturage bo bavuga ko batazi uko byagenze kugira ngo ubuyobozi bwibeshye ahubatswe iri bagiro, kuko byanateye igihombo kuko ryubatswe ritwaye amafaranga menshi.

Umwe yagize ati “Iri bagiro ryarubatswe rirakora ariko nyuma twaje kubona ubuyobozi bw’Akarere buraje burarifunga. Ntabwo tuzi mu by’ukuri icyatumye rifunga, na nyuma yaho hari akandi kabagiro kari hirya twafashishije nako baragafunze.”

Ibura ry’ibagiro muri aka Karere ka Rulindo ryatumye ibiciro by’inyama bitumbagira kugeza n’aho ikiko kigura 4 800 Frw, ku buryo aba baturage bavuga ko abakibasha kurya akaboga ari mbarwa.

Hakuzimana Emmanuel ati “Ubu rwose nta muturage ukibasha kurya akanyama kubera guhenda. Niba abagiye kubagisha inka bishyura ikiguzu cy’urugendo ibihumbi makumyabiri (20 000 Frw) bituma n’igiciro cy’inyama kizamuka.”

Umuyobozi w’Akarere Madamu, Mukanyirigira Judith avuga ko hari gutekerezwa uburyo ku bufatanye n’abaturage hakubakwa irindi bagiro, ariko ko mu gihe bitarakorwa abacuzi b’inyama bajya bajya kubagisha amatungo ahandi bakazanira abaturage inyama zujuje ubuziranenge.

Ati “Kuba ibagira ridahari si impamvu yo kugira ngo abaturage batabona inyama zifite ubuziranenge, hari amabagiro ari hafi nka Kigali, Gakenke abafite busheri bajya gufatayo inyama kugira ngo bazihe abaturage zuzuje ubuziranenge.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma y’uko iri bagiro byagaragaye ko ryari ryubatswe aho ritari rikwiye kubakwa, inyubako ryakoreragamo zigiye no gusenywa

Kubaka iri bagiro byanatwaye akayabo
Ubu rimeze nk’itongo kuko ritagikora

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

Next Post

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.