Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rulindo: Kurya akaboga byabaye ihurizo ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko batakirya inyama kuko ibagiro bari bubakiwe ryafunzwe bitunguranye, none barasaba ibisobanuro ubuyobozi bukomeje gutuma bagira amerwe y’iri funguro rikunzwe batakibasha kubona.

Aba baturage bavuga ko iri bagiro riherereye mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo ryari ryatangiye gukora, ariko nyuma y’imyaka ine riza gufungwa n’ubuyobozi kuko ryubatswe mu gishanga ku buryo amazi n’imyanda byariturukagamo yangizaga amazi yo mu gishanga.

Ni mu gihe aba baturage bo bavuga ko batazi uko byagenze kugira ngo ubuyobozi bwibeshye ahubatswe iri bagiro, kuko byanateye igihombo kuko ryubatswe ritwaye amafaranga menshi.

Umwe yagize ati “Iri bagiro ryarubatswe rirakora ariko nyuma twaje kubona ubuyobozi bw’Akarere buraje burarifunga. Ntabwo tuzi mu by’ukuri icyatumye rifunga, na nyuma yaho hari akandi kabagiro kari hirya twafashishije nako baragafunze.”

Ibura ry’ibagiro muri aka Karere ka Rulindo ryatumye ibiciro by’inyama bitumbagira kugeza n’aho ikiko kigura 4 800 Frw, ku buryo aba baturage bavuga ko abakibasha kurya akaboga ari mbarwa.

Hakuzimana Emmanuel ati “Ubu rwose nta muturage ukibasha kurya akanyama kubera guhenda. Niba abagiye kubagisha inka bishyura ikiguzu cy’urugendo ibihumbi makumyabiri (20 000 Frw) bituma n’igiciro cy’inyama kizamuka.”

Umuyobozi w’Akarere Madamu, Mukanyirigira Judith avuga ko hari gutekerezwa uburyo ku bufatanye n’abaturage hakubakwa irindi bagiro, ariko ko mu gihe bitarakorwa abacuzi b’inyama bajya bajya kubagisha amatungo ahandi bakazanira abaturage inyama zujuje ubuziranenge.

Ati “Kuba ibagira ridahari si impamvu yo kugira ngo abaturage batabona inyama zifite ubuziranenge, hari amabagiro ari hafi nka Kigali, Gakenke abafite busheri bajya gufatayo inyama kugira ngo bazihe abaturage zuzuje ubuziranenge.”

Uyu muyobozi avuga ko nyuma y’uko iri bagiro byagaragaye ko ryari ryubatswe aho ritari rikwiye kubakwa, inyubako ryakoreragamo zigiye no gusenywa

Kubaka iri bagiro byanatwaye akayabo
Ubu rimeze nk’itongo kuko ritagikora

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + nineteen =

Previous Post

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

Next Post

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.