Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Senegal w’umunyabigwi muri ruhago ya Afurika, El Hadji Ousseynou Diouf, yasesekaye i Kigali mu Rwanda aho yakiriwe n’Umunyamakurukazi umenyerewe mu biganiro bya Siporo mu Rwanda.

Umunyamakurukazi, Clarisse Uwimana usanzwe akora ibiganiro bya Siporo kuri imwe muri Radio zikorera mu Rwanda, yagaragaje amashusho yakira uyu rurangiranwa El Hadji Ousseynou Diouf ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Aya mashusho yashyizwe ku mbuga nkorambaga za Clarisse Uwimana, agaragaza El Hadji Ousseynou Diouf yinjira ku Kibuga cy’Indege afite ivarize mu ntaki anahetse akandi gakapu mu mugongo, akakirwa n’uyu munyamakurukazi bagahoberana.

Aya mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Clarisse Uwimana yashyizeho ubutumwa agira ati “Urakaza neza musaza wanye! Ni byo ni El Hadji Diouf wanyu uri mu Mujyi aje kureba imikino ya nyuma ya BAL.”

Muri ubu butumwa bwashyizweho kuri uyu wa Gatatu, uyu munyakurukazi yakomeje ararikira abantu kuza gukurikira ikiganiro azagirana n’uyu rurangiranwa kizatambuka kuri radiyo akorera.

Yasoje agira ati “Nagiye kumwakira. Komeza wishimire kuba uri mu Rwanda muvandimwe.”

El Hadji Ousseynou Diouf w’imyaka 41 y’amavuko, ni umwe mu bakinnyi ba ruhago bamamaye muri Afurika akaba yarabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu ya Senegal akaba yarakiniye amakipe akomeye ku isi nka Liverpool yo mu Bwongereza ikinamo mugenzi we Sadio Mane na we uvuga muri Senegal na we ukomeje kwamamara cyane.

Ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yakiriwe n’Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 2 =

Previous Post

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Next Post

Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.