Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bagemuye ibiribwa ku mashuri atandukanye mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze amezi umunani bategereje kwishyurwa amafaranga, bajya no kwishyuza bakababwira ko ubishinzwe yagiye hanze y’Igihugu.

Abaganiriye na RADIOTV10, bavuga ko basabwaga gutanga ibiribwa vuba na vuba bizezwa kwishyurwa, bituma bamwe bafata amafaranga muri zaBanki, none kuba batarishyurwa kikaba ari ikibazo kibakomereye.

Umwe agira ati “Baratubwiraga ngo tugemure ibiryo ku mashuri buracya batwishyura, ubundi bakavuga ko ari mu byumweru bibiri, natwe bituma dufata amadeni y’abandi twizeye iryo sezerano, ariko ntibabyubahiriza none Banki zigiye guteza ibyacu.”

Abajya ku Biro by’Akarere kwishyuza, bavuga ko babwirwa indi mpamvu itandukanye n’iyo Ubuyobozi bw’Akarere bwahaye umunyamakuru, aho bavuga ko basabwa gutegereza kuko ufite mu nshingano ikibazo cyabo yagiye hanze y’Igihugu.

Undi ati “Iyo tujyanye amadosiye, baratubwira ngo turambike aho bazadutumaho, bakavuga ngo Theogene (ushinzwe uburezi mu Karere) yagiye muri Amerika.”

Aba barwiyemezamirimo, bavuga ko bitumvikana kuba iki kibazo kitabona undi wakebakemurira, kuko gikomeje kubashyira mu bihombo ndetse ko hatagize igikorwa hari bamwe baterezwa cyamunara.

Ni mu gihe  Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga avuga ko icyateye bamwe gutinda kwishyurwa ari uko umwaka w’ingengo y’imari warangiye hari abataragerwaho, icyakora agatanga icyizere.

Meya Kibiriga ati “Bari benshi bagenda bishyurwa umwaka w’ingengo y’imari urangira hari abatarishyurwa, ariko ubu ingengo y’imari nibwo igitangira tugiye kurebe uburyo tubishyura abo ngabo nabo”.

Aba bagemuriye ibiribwa ibigo by’amashuri, bavuga ko bategereje kuva muri Mutarama uyu mwaka, ndetse harimo n’ibirarane by’umwaka wabanje.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + four =

Previous Post

Uwavanywe ku nshuro ya kabiri mu nshingano z’inzego nkuru z’u Rwanda yagize icyo avuga

Next Post

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game
IMYIDAGADURO

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.