Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa n’ibivugwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bababwira ko banuka nyamara bajya bababyinira bakabasusurutsa, none ngo hehe no kongera kubashimisha.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bababwira ko basa nabi ngo badakaraba kandi ngo ikibabaje ari uko babibwira nyamara bajya bababyinira iyo babasuye.

Mukeshimana Esperance ati “Icyo gihe bari baje kuduha matola, ubwo turabashimisha ngo twishimiye abayobozi, turangije kubabyinira nyine tubashimishije, ubwo aravuga ngo ‘mwebwe ntimwakarabye’ ngo muranuka, ntimukaraba.”

Uyu mubyeyi avuga ko aya magambo babwirwa n’ubuyobozi abakomeretsa ku buryo byabateye umutima mubi, na bo bakaba bararahiye ko batazongera kubabyinira.

Ati “Wajya imbere y’ubuyobozi tukabashimisha gutyo mwagaruka mukanatugaya ko tunuka, ubutaha mwazagaruka muhataramiye tukongera kubashimisha nk’uku mudukojeshe isoni hagati y’abandi?”

Aba baturage nyamara bo bavuga ko ntako baba batagize ngo bakarabe ngo banamese imyenda yabo kabone nubwo nta bushobozi baba bafite bwo kugura isabune.

Ayingeneye Florence ati “Iyo twagiye ku Kagari baravuga ngo turanuka kandi tuba twoze umubiri, twaba dufite agasabune tukambara neza tukanasokoza, twagera ku Kagari, Gitifu akatubwira ngo turi kumunukira.”

Bavuga ko iyo babonye udufaranga baba bakuye mu guca inshuro badutera imirwi, tugashira ku buryo badapfa kubona amafaranga yo kugura isabue.

Tabaro ati “Hari igihe ukorera n’ibyo bibiri, urabona ibintu byarapanze, ikilo cy’ifu ni Magana inani, ubwo mfite inote y’icyatanu, ubwo se nzabona utwo tujanga gute? Agasabune ni ho kaburiramo.”

Ariko nanone bakagaya aba bayobozi bavuga ko banuka, aho kubatera inkunga ngo na bo bajye bakaraba base neza nk’abandi.

Mukeshimana Esperance akongera ati “None se ko wumva baba baducenga ko tudakaraba ari n’abayobozi baba bahari, kuki bataduha agasabune ngo dukarabe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kigabo avuga ko ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kugira isuku, buhoraho bityo ko n’aba bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bazakomeza kubaba hafi.

Ati “Byibuze ariko kwigisha umuntu hari icyo wamumariye buryo inyigisho zumvikana vuba. Kwigisha umuntu ngo jyenda ukarabe anaryame ku musambi, burya ntabyumva, ariko iyo umuzaniye matela noneho ukamubwira uti ‘iyi matela kuyiryamaho ukwiye kuba ukaraba’ ubwo bukangurambaga buba bufite ireme kandi babyumva vuba.”

Avuga ko kandi inyigisho nk’izi zifite ikiziherekeje zikomeje gutanga umusaruro. Ati “Ahubwo dusigaye tubita abatejwe imbere n’imiyoborere myiza.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Hatangajwe igikurikiranywe kuri ba Gitifu babiri bo muri Kigali batawe muri yombi

Next Post

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.