• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Gihaya giherereye mu Kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, baravuga ko umukire uri kuhubaka Hoteli, akomeje kubagurira ubutaka, kandi agasa nk’ubashyiraho iterabwoba kugira ngo abishyure amafaranga ashaka bo atabanyura.

Aba baturage bavuga ko batamenya uburyo ibiciro bagurirwaho bishyirwaho, ahubwo ko bajya kubona bakabona umushoramari azanye impapuro zanditseho ibiciro bavuga ko ari intica ntikize.

Bizimungu Narcisse yagize ati “Araza nyine akadushyiraho igitutu ngo amafaranga ari ku gipapuro azanye ni ayo ngayo kandi ngo nitubyanga Leta izahafatira ubuntu. Ni uko aza adushyiraho ubwoba.”

Mateso Beatha na we ati “Ntabwo muvugana igiciro, akubwira ko amafaranga ari ku gipapuro atari buyarenze, uyafate cyangwa urorere. Iyo utayafashe arakubwira ngo guma aho amaherezo uzamushaka.”

Aba baturage bavuga ko bagenzi babo baguriwe mbere bakishyurwa, bagerageje kugura ubundi butaka hakuno bikanga, kuko amafaranga bahawe adahagije, none bamwe bakaba bari gusembera kuri iki kirwa, none byatumye bafata isomo ko batagomba kwakira amafaranga yose bahawe.

Bizimungu akomeza agira ati “Twamaze gufata ibyemezo, azakore uko ashaka ubutaka ni ubwa Leta, ariko twe ntabwo tuzemera ayo mafaranga atagira icyo atumarira. Ubwo Leta nimushyigikira mu kuhafata ku ngufu ntakundi.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo, kugira ngo bwumvikanishe aba baturage n’umushoramari.

Ati “Icy’uko amafaranga abaha batayishimira ntacyo twari tuzi, ubwo turakimenye tuyigiye kuvugana n’uwo mushoramari turebe uburyo bajya bishyurwa amafaranga yagira icyo abamarira.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu mushoramari abwira abaturage ko nibanga amafaranga abaha ubutakaza buzafatwa na Leta, atari byo, ahubwo ko ari iterabwi.

Ati “Kubabwira ko Leta izahamuhera ubuntu ryaba ari iterabwoba kandi  nta muntu ufite ububasha bwo gutera undi ubwoba ngo amuhe umutungo we.”

Si ubwa mbere abaturage bo ku kirwa cya Gihaya bitaganyijwe ko cyizagenerwa ubukerarugendo baba batatse akarengane bakorerwa n’umushoramari uri kuhubaka hoteli, kuko no mu myaka ibiri ishize nabwo bigeze kumvikana bavuga iki kibazo.

Aba baturage bavuga ko umukire abashyiraho iterabwoba
Bavuga ko bamaze igihe bituriye kuri iki Kirwa ariko umuherwe akaba ashaka kubarenganya
Uyu mushoramari ari kuhubaka Hoteli

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eight =

Previous Post

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Next Post

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.