Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Babonye umusaruro ushimishije ariko ibyo bibwiraga si ko byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinga imyumbati mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, baravuga ko nyuma yo kubona umusaruro ushimishije bahangayikishijwe no kuba igiciro cyagaranutseho 1/2, none bamwe baravuga ko bagiye gusonzana uyu musaruro ushimishihe

Aba bahinzi bavuga ko ikilo cy’imyumbati cyaguraga 400 Frw, none ubu kiri kugura 200 Frw, ku buryo babona bigiye kubabera imbogamizi yo kuzongera kubona uko batisha imirima yo guhinga iki gihingwa.

Ibi biri guca intege abahinzi, aho bamwe bavuga ko nubwo yeze neza bagiye kuyisonzana kubera ko batabasha kuyigurisha ngo bagure ibindi.

Mukahirwa Laurence ati “Mbere twagurishaga ikiro kuri 400 none ubu ni 200. Imyumbati yaraguye cyane, turayisonzana kubera ko ushatse umunyu ukajya kugurisha ikilo cya 200 usanga uri guhomba.”

Mukabayingana Rosalie ati “Bari kuduha Magana abiri kandi nta kintu kirimo, natishije umurima ku bihumbi 100, nahingishije ibindi buhumbi ijana, gutera no kubagara nabyo byatwaye amafaranga, wajya kureba ugasanga ayo natanze sinapfa kuyabonama mu gihe ikiro ari 200.”

Hari abasanga kugwa kw’igiciro cy’imyumbati aha mu Bugarama kwaba guterwa no kuba itakijyanwa muri Repuburika Iharananira Demokarasi ya Congo babishingira ku kuba mbere abaturage bo muri icyo Gihugu barazaga kuyitwara ku bwinshi bitandukanye n’uko bimeze ubu.

Twagirayezu Vedaste urangura imyumbati akayicuruza ahandi agira ati “Wasangaga nyine abakongomani bazira rimwe bakayigura ukabona umuhinzi arishimye ariko ntabwo ariko bikimeze.”

Bamwe mu bahinzi kandi bavuga ko batizeye kongera guhinga bitewe n’uko bari biteze amafaranga yo kongera gukodesha imirima mu musaruro w’ubu ari nawo watakaje agaciro.

Nyirandinabo Donathile ati “Nta bushobozi bwo kongera kwatisha. Abahinganga bibasabye kwatisha bavuye mu nzira kuko ntabwo wagurisha ikilo kuri 200 ngo uzabone ibihumbi 100 byo kwatisha umurima.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred, agaruka ku mpungenge zo kuba umusaruro w’iki gihingwa utakijyanwa muri Congo, yavuze ko ntawigeze abihagarika, ahubwo akagira inama abahinzi ko baba bahunitse umusaruro bakazawugurisha mu minsi iri imbere isoko ryayo ryongeye kuba ryiza.

Ati “Urabizi ko akenshi iyo imyaka yeze, ibiciro biragabanuka. Icyo umuntu yabasaba ni uko ibyo kurya babirya ibyo bashaka kugurisha nabyo bakemera bakabigurisha kuri icyo giciro gihari cyangwa bagategereza nko mu kwezi kwa cyenda kuko ibiciro bizaba byongeye byazamutse.”

Ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bukorwa hagamijwe ubucuruzi mu kibaya cya Bugarama, nyuma y’umuceri, ku buryo gutakaza agaciro kwayo no kuburirwa isoko bishobora gushyira abatari bacye mu bihombo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 6 =

Previous Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Next Post

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannete Kagame, bari kumwe n’abuzukuru bombi, Anaya Abe na Amalia Agwize Ndengeyingoma, barebye umukino APR...

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
19/05/2025
0

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

17/05/2025
Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.