Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko gukubita akanyafu umwana wafuditse ntacyo bitwaye kuko kurera umwana utamuhana bimwonona agakura yarigize ikigenge.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko icyaba ikibazo ari uko umubyeyi yakubita umwana we yihanukiriye ariko ko kumucishaho akanyafu ntacyo bitwaye.

Umwe yagize ati “Nta na rimwe umwana iyo akosheje adakubitwa ahubwo biterwa n’inkoni wamukubise ariko akanyafu kahozeho kuva na cyera. Akanyafu ni ngombwa kugira ngo umwana yumve ko yakosheje.”

Aba babyeyi bavuga ko kuba bahana umwana bamuganiriza na byo ari byiza ariko ko muri iki gihe abana batacyumva iyo ubabwije umunwa.

Undi ati “Niba umwana adakubiswe akanyafu ngo yumve ko yakosheje ngo umunyezeho agakoni ngo yumve ko ababaye, ni bya bindi uzasanga dufite abana batumva, ba bana batabwirwa cyangwa batagirwa inama ngo bumve.”

Ibihano byo kunyuza akanyafu ku bana ku mashuri na byo byakuweho mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’umwana dore ko byari byagaragaye ko biri mu byatumaga bamwe bava mu ishuri.

Aba babyeyi b’i Rusizi, bavuga ko gukuraho ibi bihano ku mashuri na byo biri mu bituma abana bakura bananirana.

Undi mubyeyi ati “Umwana utamukubise akanyafu byamugira ikirara, none se umubwije umunwa ntiyumve wowe wakora iki? Ni ukumutsibura nyine.”

Bamwe mu bana bo muri aka gace, bavuga ko hari ababyeyi bakubita abana babo bihanukiriye bikarangira ari byo bitumye bananirana.

Umwe muri aba bana yagize ati “Hari ababakubita ukagira ngo si bo babibyariye, agakoresha ya nkoni bakubita Inka ikarira. Umwana uramukubita agatoroma akigira iriya akigira ikirara ariko kumuganiriza ni cyo kiza”

Imiryango itari iya Leta yiganjemo iharanira uburenganzira bwa muntu yakunze kwamagana iki gihano cyo gukubita abana akanyafu, gusa bamwe mu babyeyi bakuru, bavuga ko iki gihano kiba gikenewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − fourteen =

Previous Post

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Next Post

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.