Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, barikoma abakomeje kubazamura mu majwi ko ari bo bakora ubujura bw’abakoresha imbwa ziryana bagatega abaturage bakabambura ibyabo.

Ni nyuma yuko hari abaturage bagiye bamburirwa ahantu hatandukanye n’iryo tsinda ryitwaje imbwa, ndetse bikaza gukomozwaho mu nteko y’abaturage mu Murenge wa Giheke ari ho byavugiwe ko bikekwa ko bikorwa n’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo muri Gihundwe.

Ni mu gihe abo muri iki cyiciro bo bavuga ko bababajwe no gushyirwaho icyo cyasha, bakavuga ko ubu bujura bwaba bukorwa n’abandi bantu, dore ko bo batagitunga imbwa.

Simparikubwabo Augustin ati “Bariba nyine bikitirirwa twebwe, abo bahungu b’i Munyove bategera abantu i Nyampanga ubwo bakavuga ko ari twe.”

Bavuga ko bakimara kumva amakuru mu bitangazamakru ko ari bo bakora ibyo bikorwa, bihutiye kujya kwishinganisha mu buyobozi bw’Akagari no muri RIB, ndetse banavuga bamwe mu bo bakeka ko bakora ubwo bujura.

Nyirangomituje Jeannette ati “Mu makuru mu gitondo bavuze ko ari abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu Gatsiro. Twe byanatubabaje tujya ku Kagari no kuri RIB kubivuga.”

Bakomeza bavuga ko imbwa bahoranye zishwe ku buryo ntaho bahuriye n’ubwo bujura, ndetse ko ababikoraga bose bafashwe bakajyanwa mu kigo ngororamuco.

Nyirangomituje ati “Abapolisi barazishe zose nta mbwa ikiba hano, baravuze ngo tuzishyire hariya bazice ni zo ngo zateraga uburara, ubu nta n’ikibwana kiri hano. None ni gute bahindukira bakavuga ko izo mbwa zituruka hano?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye avuga ko ubu bujura buzwi ndetse ko hari ikigiye gukorwa.

Ati “Umwanzuro twafashe tubigiriweho inama na Polisi, ni ukubanza tukegeranya amakuru tukamenya amazina y’ababikora, ubundi tugutegura umukwabu uhuriweho n’Imirenge itatu.”

Mu bihe bitandukanye muri uyu Mudugudu hakunze kuvugwamo abakora ubujura kugeza ubwo hari abigeze kuniga Padiri bakamwambura telefone, ndetse kugeza ubu abagera ku icyenda bo mu ngo 11 bari mu igororamuco kubera ubujura.

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bamagana ubu bujura bavugwaho
Muri aka gace hagaragara imbwa nyinshi zikoreshwa muri ubwo bujura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twelve =

Previous Post

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Next Post

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.