Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Harumvikana umujinya mu bavugwaho ubujura bukorwa mu buryo budasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, barikoma abakomeje kubazamura mu majwi ko ari bo bakora ubujura bw’abakoresha imbwa ziryana bagatega abaturage bakabambura ibyabo.

Ni nyuma yuko hari abaturage bagiye bamburirwa ahantu hatandukanye n’iryo tsinda ryitwaje imbwa, ndetse bikaza gukomozwaho mu nteko y’abaturage mu Murenge wa Giheke ari ho byavugiwe ko bikekwa ko bikorwa n’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo muri Gihundwe.

Ni mu gihe abo muri iki cyiciro bo bavuga ko bababajwe no gushyirwaho icyo cyasha, bakavuga ko ubu bujura bwaba bukorwa n’abandi bantu, dore ko bo batagitunga imbwa.

Simparikubwabo Augustin ati “Bariba nyine bikitirirwa twebwe, abo bahungu b’i Munyove bategera abantu i Nyampanga ubwo bakavuga ko ari twe.”

Bavuga ko bakimara kumva amakuru mu bitangazamakru ko ari bo bakora ibyo bikorwa, bihutiye kujya kwishinganisha mu buyobozi bw’Akagari no muri RIB, ndetse banavuga bamwe mu bo bakeka ko bakora ubwo bujura.

Nyirangomituje Jeannette ati “Mu makuru mu gitondo bavuze ko ari abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu Gatsiro. Twe byanatubabaje tujya ku Kagari no kuri RIB kubivuga.”

Bakomeza bavuga ko imbwa bahoranye zishwe ku buryo ntaho bahuriye n’ubwo bujura, ndetse ko ababikoraga bose bafashwe bakajyanwa mu kigo ngororamuco.

Nyirangomituje ati “Abapolisi barazishe zose nta mbwa ikiba hano, baravuze ngo tuzishyire hariya bazice ni zo ngo zateraga uburara, ubu nta n’ikibwana kiri hano. None ni gute bahindukira bakavuga ko izo mbwa zituruka hano?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye avuga ko ubu bujura buzwi ndetse ko hari ikigiye gukorwa.

Ati “Umwanzuro twafashe tubigiriweho inama na Polisi, ni ukubanza tukegeranya amakuru tukamenya amazina y’ababikora, ubundi tugutegura umukwabu uhuriweho n’Imirenge itatu.”

Mu bihe bitandukanye muri uyu Mudugudu hakunze kuvugwamo abakora ubujura kugeza ubwo hari abigeze kuniga Padiri bakamwambura telefone, ndetse kugeza ubu abagera ku icyenda bo mu ngo 11 bari mu igororamuco kubera ubujura.

Abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bamagana ubu bujura bavugwaho
Muri aka gace hagaragara imbwa nyinshi zikoreshwa muri ubwo bujura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Next Post

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.