Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Rugabano mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bamaze umwaka n’igice bubakiwe ivuriro ry’ibanze bivugwa ko rifite ibikoresho byose, ariko rikaba ritarakingura imiryango n’umunsi umwe.

Bavuga ko bari bizeye ko bagiye kujya bivuriza hafi, ariko baracyakora urugendo rw’isaha irenga bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka.

Nubwo ivuriro ry’ibanze rya Rugabano bigaragarira amaso ko ryubatse ku buryo bwiza ndetse ngo rikanagira ibikoresho bidakunze kugirwa na buri n’andi mavuriro y’ibanze, abarituriye bavuga ko bakiribona nk’umurimbo kuko mu gihe cy’umwaka n’igice rimaze ryuzuye ritarafungura imiryango.

Neretsimana jean de Dieu ati “Ibikoresho birimo, n’inyubako yaruzuye kandi iracyeye, ariko twategereje ko baza gufungura ngo batuzanire abavuzi twarahebye.”

Ngaturende Emmanuel na we ati “None se ko yuzuye ariko ikaba idakora, iyo turebye tubona ari umurimbo. Ntacyo itumariye da.”

Muri serivisi zagombaga gutangwa n’iri vuriro, harimo no kuba abagore bari kuzajya bahabyarira ariko ababyeyi baracyagorwa no kujya ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka, ndetse bamwe bagacibwa amande kuko babyariye mu nzira berecyezayo.

Mukandayisenga Odette agira ati “Umwana yarwaye ariko ubu sinaba nkihageze iyi saha kuko ni kure, ariko ubu hano iyo baba bahavuriraga mba mpise nkaraba nkamujyana.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko impamvu iri vuriro ridakora ari uko habuze rwiyemezamirimo warifata.

Ati “Twayishyize ku isoko ariko nta rwiyemezamirimo uraboneka ngo ayikoreremo, ariko ubu rero noneho icyakorwa ni uko centre de sante ya Nkanka yajya yoherezayo umuganga, ni cyo kigiye gukorwa mu gihe tutarabona rwiyemezamirimo wayifata.”

Andi makuru avuga ko hari rwiyemezamirimo wahoze akorera mu ivuriro ry’ibanze riri hafi y’ahubatswe iri, bivugwa ko yatanganga serivisi neza ku buryo hari abazaga kuhivuriza baturutse mu yindi Mirenge ariko aza kugorwa na RSSB yamburwa iryo vuriro nyamara ngo biza kurangira atsinze RSSB mu nkiko.

Ni ivuriro rigaragara inyuma ko rigezweho
Ibisabwa byose byararangiye ikibazo ni ugutangira
Baribona nk’umurimbo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Mbere yuko Amavubi ashaka uko yiyunga n’Abanyarwanda bite by’imvune zagaragaye mu mukino wa mbere?

Next Post

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.