Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Rugabano mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bamaze umwaka n’igice bubakiwe ivuriro ry’ibanze bivugwa ko rifite ibikoresho byose, ariko rikaba ritarakingura imiryango n’umunsi umwe.

Bavuga ko bari bizeye ko bagiye kujya bivuriza hafi, ariko baracyakora urugendo rw’isaha irenga bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka.

Nubwo ivuriro ry’ibanze rya Rugabano bigaragarira amaso ko ryubatse ku buryo bwiza ndetse ngo rikanagira ibikoresho bidakunze kugirwa na buri n’andi mavuriro y’ibanze, abarituriye bavuga ko bakiribona nk’umurimbo kuko mu gihe cy’umwaka n’igice rimaze ryuzuye ritarafungura imiryango.

Neretsimana jean de Dieu ati “Ibikoresho birimo, n’inyubako yaruzuye kandi iracyeye, ariko twategereje ko baza gufungura ngo batuzanire abavuzi twarahebye.”

Ngaturende Emmanuel na we ati “None se ko yuzuye ariko ikaba idakora, iyo turebye tubona ari umurimbo. Ntacyo itumariye da.”

Muri serivisi zagombaga gutangwa n’iri vuriro, harimo no kuba abagore bari kuzajya bahabyarira ariko ababyeyi baracyagorwa no kujya ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka, ndetse bamwe bagacibwa amande kuko babyariye mu nzira berecyezayo.

Mukandayisenga Odette agira ati “Umwana yarwaye ariko ubu sinaba nkihageze iyi saha kuko ni kure, ariko ubu hano iyo baba bahavuriraga mba mpise nkaraba nkamujyana.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko impamvu iri vuriro ridakora ari uko habuze rwiyemezamirimo warifata.

Ati “Twayishyize ku isoko ariko nta rwiyemezamirimo uraboneka ngo ayikoreremo, ariko ubu rero noneho icyakorwa ni uko centre de sante ya Nkanka yajya yoherezayo umuganga, ni cyo kigiye gukorwa mu gihe tutarabona rwiyemezamirimo wayifata.”

Andi makuru avuga ko hari rwiyemezamirimo wahoze akorera mu ivuriro ry’ibanze riri hafi y’ahubatswe iri, bivugwa ko yatanganga serivisi neza ku buryo hari abazaga kuhivuriza baturutse mu yindi Mirenge ariko aza kugorwa na RSSB yamburwa iryo vuriro nyamara ngo biza kurangira atsinze RSSB mu nkiko.

Ni ivuriro rigaragara inyuma ko rigezweho
Ibisabwa byose byararangiye ikibazo ni ugutangira
Baribona nk’umurimbo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

Mbere yuko Amavubi ashaka uko yiyunga n’Abanyarwanda bite by’imvune zagaragaye mu mukino wa mbere?

Next Post

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.