Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa

radiotv10by radiotv10
15/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Hashize umwaka n’igice huzuye ivuriro ry’agatangaza ariko ntibazi n’uko imbere hasa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Rugabano mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bamaze umwaka n’igice bubakiwe ivuriro ry’ibanze bivugwa ko rifite ibikoresho byose, ariko rikaba ritarakingura imiryango n’umunsi umwe.

Bavuga ko bari bizeye ko bagiye kujya bivuriza hafi, ariko baracyakora urugendo rw’isaha irenga bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka.

Nubwo ivuriro ry’ibanze rya Rugabano bigaragarira amaso ko ryubatse ku buryo bwiza ndetse ngo rikanagira ibikoresho bidakunze kugirwa na buri n’andi mavuriro y’ibanze, abarituriye bavuga ko bakiribona nk’umurimbo kuko mu gihe cy’umwaka n’igice rimaze ryuzuye ritarafungura imiryango.

Neretsimana jean de Dieu ati “Ibikoresho birimo, n’inyubako yaruzuye kandi iracyeye, ariko twategereje ko baza gufungura ngo batuzanire abavuzi twarahebye.”

Ngaturende Emmanuel na we ati “None se ko yuzuye ariko ikaba idakora, iyo turebye tubona ari umurimbo. Ntacyo itumariye da.”

Muri serivisi zagombaga gutangwa n’iri vuriro, harimo no kuba abagore bari kuzajya bahabyarira ariko ababyeyi baracyagorwa no kujya ku Kigo Nderabuzima cya Nkanka, ndetse bamwe bagacibwa amande kuko babyariye mu nzira berecyezayo.

Mukandayisenga Odette agira ati “Umwana yarwaye ariko ubu sinaba nkihageze iyi saha kuko ni kure, ariko ubu hano iyo baba bahavuriraga mba mpise nkaraba nkamujyana.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko impamvu iri vuriro ridakora ari uko habuze rwiyemezamirimo warifata.

Ati “Twayishyize ku isoko ariko nta rwiyemezamirimo uraboneka ngo ayikoreremo, ariko ubu rero noneho icyakorwa ni uko centre de sante ya Nkanka yajya yoherezayo umuganga, ni cyo kigiye gukorwa mu gihe tutarabona rwiyemezamirimo wayifata.”

Andi makuru avuga ko hari rwiyemezamirimo wahoze akorera mu ivuriro ry’ibanze riri hafi y’ahubatswe iri, bivugwa ko yatanganga serivisi neza ku buryo hari abazaga kuhivuriza baturutse mu yindi Mirenge ariko aza kugorwa na RSSB yamburwa iryo vuriro nyamara ngo biza kurangira atsinze RSSB mu nkiko.

Ni ivuriro rigaragara inyuma ko rigezweho
Ibisabwa byose byararangiye ikibazo ni ugutangira
Baribona nk’umurimbo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Mbere yuko Amavubi ashaka uko yiyunga n’Abanyarwanda bite by’imvune zagaragaye mu mukino wa mbere?

Next Post

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga Irimbi rya Nyamirambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.