Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’inkongi y’umuriro nyuma y’iturika rya gaze, rigatuma umuriro ukwira hose, ugatwika ibikoresho byo mu nzu n’ibyangombwa birimo n’impamyabumenyi z’abarangije amashuri.

Iyi nkongi yabereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe muri uyu Murenge wa Kamembe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, ahagana saa kumi n’ebyiri (06:00’), aho inzu eshatu zo mu gipangu kimwe, zafashwe n’uyu muriro.

Bamwe mu batuye muri iki gipangu kirimo inzu yafashwe n’inkongi, babwiye RADIOTV10 ko iyi nkongi yabanjirijwe n’iturika rya Gaze y’umwe mu bacumbitse muri iki gipangu wari utetse, bigatuma hahita haduka inkongi.

Iyi nkongi yafashe inzu, irashya irakongoka, inahiramo ibikoresho byose byari biyirimo byose birimo ibikoresho byo mu nzu, nk’intebe, frigo, televiziyo, ndetse n’ibyangombwa by’ubutaka n’impamyabumenyi.

Muzeyi Anicet, nyiri iki gipangu kirimo inzu zafashwe n’inkongi y’umuriro, yavuze ko bagiye kumva bakumva uwabaga mu nzu yaturutsemo uyu muriro ari gutabaza, basohoka bagasanga umuriro wakwiriye hose.

Ati “Ubwo rero ikibatsi cy’umuriro cyahise gifata inzu zombi, nsubira mu nzu nsohora abana, n’abantu bari barimo turasohoka, ibyarimo byose bihiramo, mbese nta kintu twarokoye.”

Umunyanyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko ubuyobozi bwatabajwe saa kimi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, bukihutira kuhagera.

Avuga ko ubuyobozi na bwo bwahise butabaza Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, rikihutira kuhagera rikazimya uyu muriro.

Iyakaremye avuga ko Polisi yatabaranye ingoga, ikahagera vuba ariko kubera ubukana bw’iyi nkongi, basanze yafashe inzu zose uko ari eshatu zo muri iki gipangu.

Ati “Twafatanyije n’abaturage turazimya, ariko ikigaragara ni uko igisenge cy’izo nzu uko ari eshatu, cyangiritse.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba abaturage kwitondera gaze, bakamenya uburyo ikoreshwa, bakirinda kuyikoresha igihe bumva hari umwuka wayo uhumura, ndete akanasaba ko bakwiye kugura agakoresho kitwa Gas detector, kamenya igihe Gaze yagize ibibazo.

Gaze yaturitse yateye iyi nkongi
Polisi yaje kuzimya

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gahamanyi Jean Baptiste says:
    3 years ago

    Twishimiye uburyo Police yihutiye gutabara iyo nkongi kd abagizweho ingaruka n’iyo nkongi bihangane. Gaz ni iyo kwitondera

    Reply

Leave a Reply to Gahamanyi Jean Baptiste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 20 =

Previous Post

Impanuka idasanzwe yatewe n’inyamaswa yatumye abantu 20 baburirwa irengero

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Related Posts

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

IZIHERUKA

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.