Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’inkongi y’umuriro nyuma y’iturika rya gaze, rigatuma umuriro ukwira hose, ugatwika ibikoresho byo mu nzu n’ibyangombwa birimo n’impamyabumenyi z’abarangije amashuri.

Iyi nkongi yabereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe muri uyu Murenge wa Kamembe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, ahagana saa kumi n’ebyiri (06:00’), aho inzu eshatu zo mu gipangu kimwe, zafashwe n’uyu muriro.

Bamwe mu batuye muri iki gipangu kirimo inzu yafashwe n’inkongi, babwiye RADIOTV10 ko iyi nkongi yabanjirijwe n’iturika rya Gaze y’umwe mu bacumbitse muri iki gipangu wari utetse, bigatuma hahita haduka inkongi.

Iyi nkongi yafashe inzu, irashya irakongoka, inahiramo ibikoresho byose byari biyirimo byose birimo ibikoresho byo mu nzu, nk’intebe, frigo, televiziyo, ndetse n’ibyangombwa by’ubutaka n’impamyabumenyi.

Muzeyi Anicet, nyiri iki gipangu kirimo inzu zafashwe n’inkongi y’umuriro, yavuze ko bagiye kumva bakumva uwabaga mu nzu yaturutsemo uyu muriro ari gutabaza, basohoka bagasanga umuriro wakwiriye hose.

Ati “Ubwo rero ikibatsi cy’umuriro cyahise gifata inzu zombi, nsubira mu nzu nsohora abana, n’abantu bari barimo turasohoka, ibyarimo byose bihiramo, mbese nta kintu twarokoye.”

Umunyanyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko ubuyobozi bwatabajwe saa kimi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, bukihutira kuhagera.

Avuga ko ubuyobozi na bwo bwahise butabaza Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, rikihutira kuhagera rikazimya uyu muriro.

Iyakaremye avuga ko Polisi yatabaranye ingoga, ikahagera vuba ariko kubera ubukana bw’iyi nkongi, basanze yafashe inzu zose uko ari eshatu zo muri iki gipangu.

Ati “Twafatanyije n’abaturage turazimya, ariko ikigaragara ni uko igisenge cy’izo nzu uko ari eshatu, cyangiritse.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba abaturage kwitondera gaze, bakamenya uburyo ikoreshwa, bakirinda kuyikoresha igihe bumva hari umwuka wayo uhumura, ndete akanasaba ko bakwiye kugura agakoresho kitwa Gas detector, kamenya igihe Gaze yagize ibibazo.

Gaze yaturitse yateye iyi nkongi
Polisi yaje kuzimya

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gahamanyi Jean Baptiste says:
    2 years ago

    Twishimiye uburyo Police yihutiye gutabara iyo nkongi kd abagizweho ingaruka n’iyo nkongi bihangane. Gaz ni iyo kwitondera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Impanuka idasanzwe yatewe n’inyamaswa yatumye abantu 20 baburirwa irengero

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.