Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 104 yo mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, ivuga ko imaze umwaka ibaruriwe imitungo kugira ngo yimuke ahateganywa kwagurirwa ibikorwa bya gisirikare, ikanatanga ibyangombwa ariko kugeza n’ubu ntibarishyurwa.

Muri Gicurasi uyu mwaka, aba baturage bari babwiye RADIOTV10 iki kibazo, bavuga ko bari bahawe amezi atatu kugira ngo babe bahawe inguranye none ngo byageze mu mezi icumi.

Ntirengenya Jean Clement ati “Hahise hasohoka amafaranga y’abantu cumi n’umwe, ariko urumva hasigaye abandi mirongo cyenda na..”

Nyuma yuko bamwe bishyuwe, byateye abandi kwibaza icyagendeweho ngo harobanurwe bacye muri benshi, nyamara bahuje ikibazo.

Baburiki Azarias ati “Tukavuga tuti ‘ese aba bantu ko bayabona bo bakoresheje iki ngo natwe abe ariko tubigenza tuyabone?”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo kimaze umwaka, bavuga ko kuba barambuwe ibyangombwa by’ubutaka n’uburenganzira bumwe na bumwe ku mitungo yabo nko gusana inzu no kubaka ubwiherero, bikomeje kubabangamira.

Ntirenganya akomeza agira ati “Turasaba ubuyobozi bwacu bw’Akarere gukorana na MINECOFIN kuko MINADEF yo itubwira ko ibyayo yabirangije. Niba baramenyereye ko ibintu byose bizajya bikemuka ari uko Perezida abimenye batubwire.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bw’Akarere buri gukorana n’inzego bireba ngo aba baturage bishyurwe.

Ati “Nagerageje gushakisha amakuru mvugana n’umuntu ubishinzwe muri MINADEF ambwira ko urutonde barukoze ruri muri MINECOFIN hasigaye kubishyura, ni babe bihanganye rwose amafaranga azaboneka biri mu nzira nziza.”

Kuva babarirwa muri Kanama umwaka ushize wa 2023, aba baturage bavuga ko ntawemerewe kugira icyo akora ku nzu ye kabone nubwo yaba avirwa, ndetse bakaba batemerewe kugira ibindi bakorera kuri ubu butaka nko gutema igiti mu ishyamba ndetse no kubaka umusarani.

Inzu zabo zarangiritse ariko ntibemerewe gusana

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 3 =

Previous Post

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

Next Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.