Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 104 yo mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, ivuga ko imaze umwaka ibaruriwe imitungo kugira ngo yimuke ahateganywa kwagurirwa ibikorwa bya gisirikare, ikanatanga ibyangombwa ariko kugeza n’ubu ntibarishyurwa.

Muri Gicurasi uyu mwaka, aba baturage bari babwiye RADIOTV10 iki kibazo, bavuga ko bari bahawe amezi atatu kugira ngo babe bahawe inguranye none ngo byageze mu mezi icumi.

Ntirengenya Jean Clement ati “Hahise hasohoka amafaranga y’abantu cumi n’umwe, ariko urumva hasigaye abandi mirongo cyenda na..”

Nyuma yuko bamwe bishyuwe, byateye abandi kwibaza icyagendeweho ngo harobanurwe bacye muri benshi, nyamara bahuje ikibazo.

Baburiki Azarias ati “Tukavuga tuti ‘ese aba bantu ko bayabona bo bakoresheje iki ngo natwe abe ariko tubigenza tuyabone?”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo kimaze umwaka, bavuga ko kuba barambuwe ibyangombwa by’ubutaka n’uburenganzira bumwe na bumwe ku mitungo yabo nko gusana inzu no kubaka ubwiherero, bikomeje kubabangamira.

Ntirenganya akomeza agira ati “Turasaba ubuyobozi bwacu bw’Akarere gukorana na MINECOFIN kuko MINADEF yo itubwira ko ibyayo yabirangije. Niba baramenyereye ko ibintu byose bizajya bikemuka ari uko Perezida abimenye batubwire.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bw’Akarere buri gukorana n’inzego bireba ngo aba baturage bishyurwe.

Ati “Nagerageje gushakisha amakuru mvugana n’umuntu ubishinzwe muri MINADEF ambwira ko urutonde barukoze ruri muri MINECOFIN hasigaye kubishyura, ni babe bihanganye rwose amafaranga azaboneka biri mu nzira nziza.”

Kuva babarirwa muri Kanama umwaka ushize wa 2023, aba baturage bavuga ko ntawemerewe kugira icyo akora ku nzu ye kabone nubwo yaba avirwa, ndetse bakaba batemerewe kugira ibindi bakorera kuri ubu butaka nko gutema igiti mu ishyamba ndetse no kubaka umusarani.

Inzu zabo zarangiritse ariko ntibemerewe gusana

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

Next Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.