Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 104 yo mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, ivuga ko imaze umwaka ibaruriwe imitungo kugira ngo yimuke ahateganywa kwagurirwa ibikorwa bya gisirikare, ikanatanga ibyangombwa ariko kugeza n’ubu ntibarishyurwa.

Muri Gicurasi uyu mwaka, aba baturage bari babwiye RADIOTV10 iki kibazo, bavuga ko bari bahawe amezi atatu kugira ngo babe bahawe inguranye none ngo byageze mu mezi icumi.

Ntirengenya Jean Clement ati “Hahise hasohoka amafaranga y’abantu cumi n’umwe, ariko urumva hasigaye abandi mirongo cyenda na..”

Nyuma yuko bamwe bishyuwe, byateye abandi kwibaza icyagendeweho ngo harobanurwe bacye muri benshi, nyamara bahuje ikibazo.

Baburiki Azarias ati “Tukavuga tuti ‘ese aba bantu ko bayabona bo bakoresheje iki ngo natwe abe ariko tubigenza tuyabone?”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo kimaze umwaka, bavuga ko kuba barambuwe ibyangombwa by’ubutaka n’uburenganzira bumwe na bumwe ku mitungo yabo nko gusana inzu no kubaka ubwiherero, bikomeje kubabangamira.

Ntirenganya akomeza agira ati “Turasaba ubuyobozi bwacu bw’Akarere gukorana na MINECOFIN kuko MINADEF yo itubwira ko ibyayo yabirangije. Niba baramenyereye ko ibintu byose bizajya bikemuka ari uko Perezida abimenye batubwire.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bw’Akarere buri gukorana n’inzego bireba ngo aba baturage bishyurwe.

Ati “Nagerageje gushakisha amakuru mvugana n’umuntu ubishinzwe muri MINADEF ambwira ko urutonde barukoze ruri muri MINECOFIN hasigaye kubishyura, ni babe bihanganye rwose amafaranga azaboneka biri mu nzira nziza.”

Kuva babarirwa muri Kanama umwaka ushize wa 2023, aba baturage bavuga ko ntawemerewe kugira icyo akora ku nzu ye kabone nubwo yaba avirwa, ndetse bakaba batemerewe kugira ibindi bakorera kuri ubu butaka nko gutema igiti mu ishyamba ndetse no kubaka umusarani.

Inzu zabo zarangiritse ariko ntibemerewe gusana

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

Next Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.