Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Indwara ebyiri z’amayobera zifata abana batinye kujya kuvuriza kwa muganga

radiotv10by radiotv10
20/09/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Indwara ebyiri z’amayobera zifata abana batinye kujya kuvuriza kwa muganga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hari indwara ebyiri zifata abana ariko badashobora kwirirwa bajya kuvuriza kwa muganga ngo kuko batazishobora, bagahitamo gukoresha imiti y’ibyatsi.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko indwara yitwa Inyandazi n’Ikivubu zifata abana bakiri bato, zikagaragazwa n’ibimenyetso birimo ibigaragarira ku ruhu nk’ibiheri ndetse no gucibwamo.

Umubyeyi wasanzwe n’Umunyamakuru ari guha umwana we umuti w’ibyatsi yahiye, yagize ati “Iyo dushatse ibyatsi biradufasha cyane.”

Indwara yitwa Inyandazi yo ni mbi cyane kuko yangiza uruhu ku buryo umwana yafashe imuzahaza.

Undi mubyeyi ati “Izahaza cyane ni iriya y’Inyandazi wabonye itemagura umwana ikibuno cyose, umubiri wose ugatemagura.”

Akomeza agira ati “Kwa muganga ntabwo babivura nta muti bafite, tuvuza uw’ibinyarwanda…Dukoresha ibifumbegezi, ibifuraninda, za bambuwa na za gatika zose bagaterateranya.”

Babaha imiti y’ibyatsi

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gihundwe, Dr Nshizirungu Placide avuga ko ibiri gukorwa n’aba babyeyi bidakwiye kuko izi ndwara bavuga ko zitavurirwa kwa muganga, bazivura.

Ati “Indwara z’uruhu ziravurwa rwose pe, nkurikije uko nazibonye biravurwa. Ntabwo ari byiza kwishyiramo ko bamubwiye ngo indwara ntivurwa atanagerageje nibura ngo ahagere arebe ko byananiranye agahita yishyiramo ngo barambwiye ngo ntabwo bivurwa, ntabwo ayo makuru aba ari yo.”

Avuga ko binababaje kuba iyi miti ihabwa abana bakiri bato kuko imibiri yabo iba itaragira imbaraga bityo ko bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye.

Ati “Gufata umwana w’uruhinja ukamuha imiti y’ibyatsi, ntuzi igipimo, ntuzi ibibazo byamutera, ntuzi niba umubiri uri bubyihanganire, ntabwo ari byiza ni amakosa.”

Dr Nshizirungu avuga ko aba babyeyi bavurisha abana babo iyi miti y’ibyatsi bari gukora amakosa kuko ishobora no kutabakiza cyangwa yabakiza iyo ndwara bamuvura, ikamutera izindi zifite ubukana burenze ubw’izo bamuvuraga, aboneraho kubasaba kujya bajya kwa muganga.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

DRCongo: Umusirikare ufite ipeti rya General yatawe muri yombi akekwaho icyaha ndengakamere

Next Post

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.