Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, wari usanzwe akora akazi ko kurara izamu, agafatanya no gucukura imisarani n’imyobo ku manywa, yitabye Imana aridukiwe n’umwobo wa metero 14 yacukuraga mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Kamembe.

Iyi mpanuka yahitanye Dusabimana Eric yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024 ubwo yari ari gucukura umwobo mu Kagari ka Kamashangi ukaza kumuridukira.

Ni mu gihe nyakwigendera we yari atuye mu Mudugudu Mpuzamahanga mu Kagari ka Mpinga mu Murenge wa Gikundamvura, aho yari asanzwe akora akazi ko kurara izamu kuri imwe mu nyubako zo mu Mujyi wa Kamembe, bwacya akajya gukora akazi ko gucukura imisarani n’imyobo ifata amazi.

Uyu mwobo yacukuraga wongerwaga ku wari usanzweho, waje kuriduka ubwo uwo bakoranaga yari ari kuzamura itaka.

Ntaganda Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kamashangi kabereyemo iyi mpanuka, yabwiye RADIOTV10 ko yabaye saa tatu zirengaho iminota, ubwo nyakwigendera yacukuraga umwobo ku rugo rw’umuturage witwa Pascal Bivakumana.

Ati “Yaje kugira ibyago itaka riza kumutengukiraho, biba ngombwa ko twiyambaza inzego zishinzwe ubutabazi za Polisi ziza kudutabara.”

Uyu muyobozi avuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko nta burangare bwaba bwabayeho kugira ngo uyu muturage ahasige ubuzima, ahubwo ko ari impanuka isanzwe yabaye.

Ati “Uretse ko aho bacukuraga twitegereje tureba dusanga hari ubutaka bworoshye, ari na yo mpamvu umukingo waridutse.”

Umurambo wa nyakwigendera usize umugore n’abana batatu, wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gihundwe, kugira ngo ukorerwe isuzuma, ubundi ukazashyikirizwa umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

Gukuramo umurambo wa nyakwigendera byabanje kugorana
Hiyambajwe inzego
Abaturage bababajwe n’urupfu rwa mugenzi we

Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.