Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, wari usanzwe akora akazi ko kurara izamu, agafatanya no gucukura imisarani n’imyobo ku manywa, yitabye Imana aridukiwe n’umwobo wa metero 14 yacukuraga mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Kamembe.

Iyi mpanuka yahitanye Dusabimana Eric yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024 ubwo yari ari gucukura umwobo mu Kagari ka Kamashangi ukaza kumuridukira.

Ni mu gihe nyakwigendera we yari atuye mu Mudugudu Mpuzamahanga mu Kagari ka Mpinga mu Murenge wa Gikundamvura, aho yari asanzwe akora akazi ko kurara izamu kuri imwe mu nyubako zo mu Mujyi wa Kamembe, bwacya akajya gukora akazi ko gucukura imisarani n’imyobo ifata amazi.

Uyu mwobo yacukuraga wongerwaga ku wari usanzweho, waje kuriduka ubwo uwo bakoranaga yari ari kuzamura itaka.

Ntaganda Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kamashangi kabereyemo iyi mpanuka, yabwiye RADIOTV10 ko yabaye saa tatu zirengaho iminota, ubwo nyakwigendera yacukuraga umwobo ku rugo rw’umuturage witwa Pascal Bivakumana.

Ati “Yaje kugira ibyago itaka riza kumutengukiraho, biba ngombwa ko twiyambaza inzego zishinzwe ubutabazi za Polisi ziza kudutabara.”

Uyu muyobozi avuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko nta burangare bwaba bwabayeho kugira ngo uyu muturage ahasige ubuzima, ahubwo ko ari impanuka isanzwe yabaye.

Ati “Uretse ko aho bacukuraga twitegereje tureba dusanga hari ubutaka bworoshye, ari na yo mpamvu umukingo waridutse.”

Umurambo wa nyakwigendera usize umugore n’abana batatu, wahise ujyanwa mu Bitaro bya Gihundwe, kugira ngo ukorerwe isuzuma, ubundi ukazashyikirizwa umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

Gukuramo umurambo wa nyakwigendera byabanje kugorana
Hiyambajwe inzego
Abaturage bababajwe n’urupfu rwa mugenzi we

Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

AMAKURU MASHYA: Ibirori byari bitegerejwe mu Rwanda byasubitswe bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.