Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu bice byitaruye umujyi bavuga ko kubona agakingirizo byorohera abo mu gice cy’umujyi gusa mu gihe bo bibasaba gutegesha amafaranga 500 ngo batubone bigatuma hari abahitamo gukora imibonano mpuzabitsana idakingiye, icyakora  ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukavuga ko mu mezi abiri iki kibazo cyizaba cyakemutse.

Abo mu bice by’icyaro byo mu mirenge ya Gihundwe na Nkanka bagaragaza iki kibazo bavuga ko agakingirizo kabona umwe kagasiba undi kuko n’aho kabonetse bagahendwa cyangwa bakaza i Kamembe mu mujyi bakoze urugendo rudashoborwa na bose.

Iradukunda Claudine w’imyaka 26 ati ‘‘Yego biragoye, dusigaye tunahenze. Kamwe basigaye bakagurisha 500 kandi mbere barakaduheraga ubuntu. Binasaba gutega ukajya mujyi’’.

Ibi ngo bituma abadashoboye kujya mu mujyi birangira bakoze imibonano idakingiye ndetse hakumvikanamo ingaruka zirimo kwandura virusi itera SIDA no gutwara inda zitateganyijwe.

Niyigirimpuhwe Joselyne nawe ati “Nakabuze se rimwe ahubwo? Wajyaga mu mujyi ugasanga ntaduhari wajya kuri butike ukatubura, n’uwo muri kumwe akakubwira ati reka dupfe kwihangana niba nta burwayi ufite nanjye ntabwo mfite. Icyo gihe yari ari kumpa urufaranga rushyushye mbona ntarwitesha, arambwira ngo twiyeranje nk’abantu bakuru nshyiramo kwiyoroshya ngo ntakomereka ubundi dukora ibyo dukora aragenda nanjye ndagenda”.

Kwizera Amos nawe ati “Biragoye nawe wabishatse ninjoro ntago wakwirirwa ujya mu mujyi wakorera aho”.

Mu gihe uru rubyiruko rusaba kwegerezwa udukingirizo mu byaro, Francine Mukakalisa ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi wibutsa urubyiruko ko rutagakwiye kwishora mu busambanyi, ku rundi ruhande atanga icyizere ko mu mezi abairi iki kibazo kizaba cyakemutse.

Ati “Ni ikibazo tuzi, ariko  njyewe ubundi ntabwo nagahereye  ku gakingirizo, kuko urubyiruko ntirukwiye kwishora mu busambanyi, bakwiye kwifata kugeza igihe bashinze ingo. Ariko nyinye niba byanze ufite umurwayi aramurwaza, Twavuganye na NGO yitwa SFH Rwanda, itwemerera ko ahantu hose izahashyira udukingirizo. Batwijeje ko mu mezi abiri icyo kibazo kiraba cyakemutse kuko nanjye nagiye nkyumva mu mirenge yo mu cyaro”.

Mu gihe uru rubyiruko rugaragaza iki kibazo, imibare itangwa n’inzego z’umuzima mu Rwanda ivuga ko ruri mu byiciro byiganjemo ubwandu bushya , aho 35% by’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA buri mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24, mu gihe ku minsi umwe abantu bagera ku 9 bandura iyi virusi mu Rwanda.

Urubyiruko rwo rukomeje kwigishwa uburyo rwakoresha neza udukingirizo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Next Post

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.