Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
5
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe ati “wanze guheka mu mugongo ngo abazungu bataguseka”, undi ati “nta bupfura cyangwa uburokore warushije abandi”, abasubiza agira agira ati “Ariko mujye musobanuka.” Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’abafana babaye nk’abakozanyaho mu magambo.

Umuhanzikazi Clarisse Karasira uherutse kwibaruka imfura ye, yashyize amafoto n’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, byazamuye impaka ndende hagati ye n’abafana.

Amafoto agaragaza Clarisse Karasira ari mu mihanda yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, afite ingobyi y’akagare batwaramo abana, yayiherekesheje ubutumwa busa n’ubukebura abandi bakobwa bishobora mu ngeso mbi.

Yateruye avuga ko yanze kwiyandarika, agatera umugongo irari ry’ibyiza byashoboraga kumwangiriza ubuzima.

Yagize ati “Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk’iki.”

Yasoje ubutumwa bwe agira ati “Bakobwa beza b’iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni.”

Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk'iki. Bakobwa beza b'iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni. #MamaKwanda. pic.twitter.com/Xlk0RhppZX

— Clarisse Karasira (@clarissekarasi1) July 13, 2022

Kiiza Venant wahise atanga igitekerezo kuri aya mafoto n’ubutumwa bya Clarisse, yagize ati “None se wanze guheka umwana mu mugongo ngo abazungu bataguseka??”

Mu kumusubiza, uyu muhanzikazi, yagize ati “Ariko mujye musobanuka. Waheka umwana ugiye kujya mu modoka? Cyangwa urumva undusha kumenya uko nita kumwana nibyariye? Abantu bamwe muranshanga pe.”

Abandi batanze ibitekerezo, bahise babwira Clarisse Karasira ko icyo yarushije abandi ari amahirwe, atari ubupfura n’ubwitonzi.

Uwiyita A Night in Kigali kuri Twitter, yagize ati “Ugira ngo ni ubupfura cyangwa uburokore wabarushije? Jya ushimira Imana ariko abo bitakundiye ntabwo ari uko ari ibihomora cyangwa batutse Imana.”

Uwitwa Kokoliko na we yagize ati “Abantu bose ntibahirwa n’ibintu bimwe cyangwa kimwe rero waratomboye gusa nta nubwo Abanyarwandakazi bose bashobora kubaho nkawe. Komeza inzira watangiye.”

Clarisse Karasira wagerageje gusubiza buri wese ndetse n’abakoreshaga imvugo zisa nk’iziremereye, yagize ati “Ndabyemera buri wese afite umugisha we. Icyo navuze ni uko kwirinda ingeso mbi bifasha bifite akamaro kenshi ari yo mpamvu nabishishikarije abandi. Niba utabibona uko ntacyo bitwaye. Wikwirirwa ukurikiza inama zanjye.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. Nice Ingabire says:
    4 years ago

    Ariko usibye umwiryo ubwo urwo ruhinja ushyize muri posete nuko rukunaniye cg rukuruhije mwagiye mureka kwigana njye nuwi3 mukubita umugongo akushima kd posete none gusobanuka nuko kwigana jyuheka uwo mwana sha dore ufite nibitugu binini avimviremo

    Reply
  2. Bronk says:
    4 years ago

    Jyewe uyu mugore amaze kunkomeretsa kabiri ibi avuze yigeze kuvuga ibisa nkabyo agiye kurongorwa ndumukobwa niba yarahiriwe sukuvuga ko yitonze ku rusha abandi harabafite imyaka irenze iye kandi bacyitonze ubuse Gabi kamazi yamwigezaho iyondaya ntawuyobewe ko hari miti bakoresha bagasubirana ubusugi afite imyaka nkiyo dufite turabakobwa yabayarandagaye nuko bamwanduruye harabafite imidari yubwitonzi kandi ntibabyirata

    Reply
  3. Bronk says:
    4 years ago

    Mbese azi ko yagezeyo yashyikiriye erega ibibintu yigeze abivuga nubundi icyonzicyo nagabanye ubwirasi harabasaziye mubukumi batigeze ibyo bishahagirana kandi nuko yabuze babimuha akantu gafite inda itereye mumutima,imisatsi,igeze mumaso, ni misatsi yuruziga nkiyabagabo ubanza afite ni mwemwe utubuno dukomeye tudqfite forme ubanza ari numusagwa butaka ,nukuntu arumuturanyi wubutaka nukuntu yirya ninkabatwakazi binyanza,nagwa kukibuye, nihonzi haba abatwakazi,bameze nkawe mbese yabonye umugabo,yunva ko ari igishongore, yewe namaso akunda ntabona neza niyo myiryo yose kuko ntibakwiranye

    Reply
    • Giramahoro Cynthia says:
      4 years ago

      None ga basha koyatanz ubutumwa kugira ababishaka babwumve,gutukana nkuko bimaz iki?nimb ubutumwa yatanze butakuryohey itekanire!nanj nd’umu mama yubatse Clarisse nagiy mukurikirana kenshi !vyaramushobokey akanabigeraho nivyiza !yarik ar’encouragea abandi kugira bamwigireho!!rero atacuributerer sivyiza gutukana,umengo mumugiriy ishari🤔

      Reply
  4. KADIMBA LEO LOLO says:
    4 years ago

    Nta kibi yavuze.
    Ahubwo yonkwe. kd asubireyo nta mahwa.
    turagusuhuje CLARISSE kd turagukunda wakoze no kunama watanze iyaba bazikurikizaga, erega hari ubwo umuntu yiyicira amahirwe kubera kubura abajyanama beza

    Reply

Leave a Reply to KADIMBA LEO LOLO Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

Next Post

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk'inkingi ya...

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze...

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

by radiotv10
06/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

by radiotv10
06/02/2026
0

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.