Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
5
Rwabuze gica: Clarisse Karasira yateranye amagambo n’abafana kubera ubutumwa n’amafoto bye
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe ati “wanze guheka mu mugongo ngo abazungu bataguseka”, undi ati “nta bupfura cyangwa uburokore warushije abandi”, abasubiza agira agira ati “Ariko mujye musobanuka.” Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’abafana babaye nk’abakozanyaho mu magambo.

Umuhanzikazi Clarisse Karasira uherutse kwibaruka imfura ye, yashyize amafoto n’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, byazamuye impaka ndende hagati ye n’abafana.

Amafoto agaragaza Clarisse Karasira ari mu mihanda yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, afite ingobyi y’akagare batwaramo abana, yayiherekesheje ubutumwa busa n’ubukebura abandi bakobwa bishobora mu ngeso mbi.

Yateruye avuga ko yanze kwiyandarika, agatera umugongo irari ry’ibyiza byashoboraga kumwangiriza ubuzima.

Yagize ati “Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk’iki.”

Yasoje ubutumwa bwe agira ati “Bakobwa beza b’iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni.”

Nanze kwiyandarika ngo nkurikire ibishashagirana mu bukumi bwanjye, nirinda umukiro ntavunikiye kuko narotaga igihe nk'iki. Bakobwa beza b'iwacu twiyubahe, turebe kure Kandi duhange amaso ku byiza, Imana ntabwo izadukoza isoni. #MamaKwanda. pic.twitter.com/Xlk0RhppZX

— Clarisse Karasira (@clarissekarasi1) July 13, 2022

Kiiza Venant wahise atanga igitekerezo kuri aya mafoto n’ubutumwa bya Clarisse, yagize ati “None se wanze guheka umwana mu mugongo ngo abazungu bataguseka??”

Mu kumusubiza, uyu muhanzikazi, yagize ati “Ariko mujye musobanuka. Waheka umwana ugiye kujya mu modoka? Cyangwa urumva undusha kumenya uko nita kumwana nibyariye? Abantu bamwe muranshanga pe.”

Abandi batanze ibitekerezo, bahise babwira Clarisse Karasira ko icyo yarushije abandi ari amahirwe, atari ubupfura n’ubwitonzi.

Uwiyita A Night in Kigali kuri Twitter, yagize ati “Ugira ngo ni ubupfura cyangwa uburokore wabarushije? Jya ushimira Imana ariko abo bitakundiye ntabwo ari uko ari ibihomora cyangwa batutse Imana.”

Uwitwa Kokoliko na we yagize ati “Abantu bose ntibahirwa n’ibintu bimwe cyangwa kimwe rero waratomboye gusa nta nubwo Abanyarwandakazi bose bashobora kubaho nkawe. Komeza inzira watangiye.”

Clarisse Karasira wagerageje gusubiza buri wese ndetse n’abakoreshaga imvugo zisa nk’iziremereye, yagize ati “Ndabyemera buri wese afite umugisha we. Icyo navuze ni uko kwirinda ingeso mbi bifasha bifite akamaro kenshi ari yo mpamvu nabishishikarije abandi. Niba utabibona uko ntacyo bitwaye. Wikwirirwa ukurikiza inama zanjye.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    Ariko usibye umwiryo ubwo urwo ruhinja ushyize muri posete nuko rukunaniye cg rukuruhije mwagiye mureka kwigana njye nuwi3 mukubita umugongo akushima kd posete none gusobanuka nuko kwigana jyuheka uwo mwana sha dore ufite nibitugu binini avimviremo

    Reply
  2. Bronk says:
    3 years ago

    Jyewe uyu mugore amaze kunkomeretsa kabiri ibi avuze yigeze kuvuga ibisa nkabyo agiye kurongorwa ndumukobwa niba yarahiriwe sukuvuga ko yitonze ku rusha abandi harabafite imyaka irenze iye kandi bacyitonze ubuse Gabi kamazi yamwigezaho iyondaya ntawuyobewe ko hari miti bakoresha bagasubirana ubusugi afite imyaka nkiyo dufite turabakobwa yabayarandagaye nuko bamwanduruye harabafite imidari yubwitonzi kandi ntibabyirata

    Reply
  3. Bronk says:
    3 years ago

    Mbese azi ko yagezeyo yashyikiriye erega ibibintu yigeze abivuga nubundi icyonzicyo nagabanye ubwirasi harabasaziye mubukumi batigeze ibyo bishahagirana kandi nuko yabuze babimuha akantu gafite inda itereye mumutima,imisatsi,igeze mumaso, ni misatsi yuruziga nkiyabagabo ubanza afite ni mwemwe utubuno dukomeye tudqfite forme ubanza ari numusagwa butaka ,nukuntu arumuturanyi wubutaka nukuntu yirya ninkabatwakazi binyanza,nagwa kukibuye, nihonzi haba abatwakazi,bameze nkawe mbese yabonye umugabo,yunva ko ari igishongore, yewe namaso akunda ntabona neza niyo myiryo yose kuko ntibakwiranye

    Reply
    • Giramahoro Cynthia says:
      3 years ago

      None ga basha koyatanz ubutumwa kugira ababishaka babwumve,gutukana nkuko bimaz iki?nimb ubutumwa yatanze butakuryohey itekanire!nanj nd’umu mama yubatse Clarisse nagiy mukurikirana kenshi !vyaramushobokey akanabigeraho nivyiza !yarik ar’encouragea abandi kugira bamwigireho!!rero atacuributerer sivyiza gutukana,umengo mumugiriy ishari🤔

      Reply
  4. KADIMBA LEO LOLO says:
    3 years ago

    Nta kibi yavuze.
    Ahubwo yonkwe. kd asubireyo nta mahwa.
    turagusuhuje CLARISSE kd turagukunda wakoze no kunama watanze iyaba bazikurikizaga, erega hari ubwo umuntu yiyicira amahirwe kubera kubura abajyanama beza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Rubavu: Uwohereje ‘Umukwikwi’ mu gikorwa cyo Kwibuka nk’umushyitsi mukuru na we bombi batawe muri yombi

Next Post

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Umunyarwanda afunganywe n’abarwanyi 2 b’Abanyamerika muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.