Thursday, June 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ntunga ryo mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko hari amafaranga bacibwa adasobanutse, aho batanga urugero rw’umusora wa 5 000 Frw bishyuzwa buri kwezi ndetse na 2 000 Frw bashyiriweho n’Inama Njyanama y’Akarere mu buryo bubatunguye.

Aba bacuruzi bavuga ko mu cyumweru gishize abashinzwe gukoresha aya mafaranga banyuze muri iri soko batangira kubaca 5 000 Frw y’ubukodi bw’aho umuntu akorera, aho bavuga ko byemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere.

Iradukunda Pierre usanzwe acururiza muri iri soko, avuga ko aya mafaranga baherutse gucibwa, yaje ari umwanzuro wamaze gufatwa, batabigizemo uruhare.

Ati “Nta kintu uba ugomba kubivugaho, biba bibangamye iyaba bateguzaga abantu nkuko babanje kubivuga igihe baza kubivuga ko imisoro igiye guhinduka baza gushyira muri Sisitemu y’ibihumbi cumi na Bitanu. Twasoraga Cumi na Bitanu mu gihembwe ubwo byari bikubiye hamwe byose ariko noneho bibangamye aho haje ibi bitanu byo kuvuga ngo ni w’ubukode bw’aho ukorera buri kwezi.”

Mugenzi we Mutabazi Ally Hassan udodera inkweto kuri iri soko, na we yagize ati “None barimo kongeraho andi ibihumbi bibiri ku musoro tugomba kujya dutanga, ubwo urumva ko biraba cumi na birindwi (17 000 Frw) tudashyizeho ay’Irembo, kandi kuyakorera hano ni ibintu bitugora.”

Dr Rangira Lambert uyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yabwiye RADIOTV10 ko uyu musoro wizweho na Komisiyo y’Ubukungu ibarizwamo Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu ndetse n’Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akarere.

Ati “Bafite ubahagarariye yakwandika bikaza mu buryo bufite umurongo. Nabagira iyo nama yo kureba ubahagarariye akandikira Akarere akabereka ikibazo bagize mu gushyira mu bikorwa ayo mabwiriza ya Njyanama, bati ‘amafaranga ni menshi’ cyangwa barasaba kwishyura mu bice, bakagira ibitekerezo batanga by’uko byakorwa noneho n’Akarere kakabijyamo neza.”

Ni ikibazo bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko gikomeje gutuma bakorera mu bihombi, ku buryo hari n’ababona batazashobora gukomeza ubucuruzi bwabo.

Aba bacuruzi bavuga ko amafaranga bari gucibwa batapfa kuyabona
Avuga ko amafaranga aciwa atayakura mu kudoda inkweto

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

Next Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Related Posts

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
12/06/2025
0

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
12/06/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti ‘Rwanda FDA’ cyatangaje ko cyatahuye imiti y’ibinini itemewe yitwa ‘Relief’, gihita kiyihagarika ku isoko...

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

by radiotv10
11/06/2025
0

Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Gatsibo, ari gushakishwa akekwaho gukomeretsa umugore we yarumye...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

12/06/2025
Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

12/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

12/06/2025
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

12/06/2025
Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.