Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ntunga ryo mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko hari amafaranga bacibwa adasobanutse, aho batanga urugero rw’umusora wa 5 000 Frw bishyuzwa buri kwezi ndetse na 2 000 Frw bashyiriweho n’Inama Njyanama y’Akarere mu buryo bubatunguye.

Aba bacuruzi bavuga ko mu cyumweru gishize abashinzwe gukoresha aya mafaranga banyuze muri iri soko batangira kubaca 5 000 Frw y’ubukodi bw’aho umuntu akorera, aho bavuga ko byemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere.

Iradukunda Pierre usanzwe acururiza muri iri soko, avuga ko aya mafaranga baherutse gucibwa, yaje ari umwanzuro wamaze gufatwa, batabigizemo uruhare.

Ati “Nta kintu uba ugomba kubivugaho, biba bibangamye iyaba bateguzaga abantu nkuko babanje kubivuga igihe baza kubivuga ko imisoro igiye guhinduka baza gushyira muri Sisitemu y’ibihumbi cumi na Bitanu. Twasoraga Cumi na Bitanu mu gihembwe ubwo byari bikubiye hamwe byose ariko noneho bibangamye aho haje ibi bitanu byo kuvuga ngo ni w’ubukode bw’aho ukorera buri kwezi.”

Mugenzi we Mutabazi Ally Hassan udodera inkweto kuri iri soko, na we yagize ati “None barimo kongeraho andi ibihumbi bibiri ku musoro tugomba kujya dutanga, ubwo urumva ko biraba cumi na birindwi (17 000 Frw) tudashyizeho ay’Irembo, kandi kuyakorera hano ni ibintu bitugora.”

Dr Rangira Lambert uyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yabwiye RADIOTV10 ko uyu musoro wizweho na Komisiyo y’Ubukungu ibarizwamo Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu ndetse n’Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akarere.

Ati “Bafite ubahagarariye yakwandika bikaza mu buryo bufite umurongo. Nabagira iyo nama yo kureba ubahagarariye akandikira Akarere akabereka ikibazo bagize mu gushyira mu bikorwa ayo mabwiriza ya Njyanama, bati ‘amafaranga ni menshi’ cyangwa barasaba kwishyura mu bice, bakagira ibitekerezo batanga by’uko byakorwa noneho n’Akarere kakabijyamo neza.”

Ni ikibazo bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko gikomeje gutuma bakorera mu bihombi, ku buryo hari n’ababona batazashobora gukomeza ubucuruzi bwabo.

Aba bacuruzi bavuga ko amafaranga bari gucibwa batapfa kuyabona
Avuga ko amafaranga aciwa atayakura mu kudoda inkweto

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + fourteen =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

Next Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma
Uncategorized

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.