Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bahangayitse kubera idamu (icyobo) y’amazi ya Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ‘Saint Simon Metals’, iri mu ngo hagati, ku buryo bahorana impungenge ko ishobora gutwara ubuzima bw’abana babo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye ahahereyeye iki gikorwa kiri mu Mudugudu wa Rutaka, yasanze nta n’umurinzi uhari ushobora kubuza abantu kuhegera, mu gihe byavugwaga ko aba ahari.

Abaturiye iyi damu, bavuga ko iherutse kugwamo umwana ariko Imana igakinga akaboko, bakaba bafite impungenge ko hari n’abandi bashobora kugwamo ikabahitana.

Yadufashije Jacqueline ati “Dufite abana bato kandi hano hantu hakunda kuba hatazitiye nta na korotire iriho. Reba nk’ubu abana bari gutambira aha ngaha bagwamo ugasanga bibaye ibibazo.”

Aba baturage bavuga ko abana bakunze kunyura kuri iyi damu iyo bavuye ku masomo, ku buryo impungenge zabo zumvikana.

Nshimiyimana Faustin ati “Usanga abana bato bahari, urumva hari igihe hazaba impanuka ku bana. Duhorana ubwoba ko bari bwikubitemo bavuye ku ishuri.”

Nyirandimubanzi na we ati “Hari n’umwana wari ugiye kugwamo, ni uko papa we yahabaye agahita amufata amaguru, yari yagiye pe.”

Ezra Nshimiyimana uyobora iyi Kamapani ya Saint Simon Metals avuga ko aho iyi damu iri hahora uburinzi, mu gihe umunyamakuru yasanze habereye aho.

Ati ”Ko ari mu butaka bwacu dukoresha, tukaba twarahashyize umuzamu uhakorera ijoro n’amanywa. Hari umwana wigeze ugwa muri iyo Damu? 90/90 aba ahari. Uwigeze agwa muri iyo damu ni uwuhe?”

Hagati y’aho iyi damu y’amazi iherereye, ndetse n’aho abaturage batuye, nta metero eshanu zirimo utututse ku marembo ya bamwe bahatuye.

Ni igikorwa cya Kompanyi ya Saint Simon Metals
Iyi damu y’amazi irabahangayikishije
Hagati yayo n’ingo za bamwe nta na metero eshanu zirimo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Next Post

Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a new digital identification system that will replace the current national ID in the...

The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

by radiotv10
27/09/2025
0

In today’s society, we often hear people saying, “Be bold, be loud, speak up!” It feels like the world belongs...

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
1

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.