Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bahangayitse kubera idamu (icyobo) y’amazi ya Kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ‘Saint Simon Metals’, iri mu ngo hagati, ku buryo bahorana impungenge ko ishobora gutwara ubuzima bw’abana babo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye ahahereyeye iki gikorwa kiri mu Mudugudu wa Rutaka, yasanze nta n’umurinzi uhari ushobora kubuza abantu kuhegera, mu gihe byavugwaga ko aba ahari.

Abaturiye iyi damu, bavuga ko iherutse kugwamo umwana ariko Imana igakinga akaboko, bakaba bafite impungenge ko hari n’abandi bashobora kugwamo ikabahitana.

Yadufashije Jacqueline ati “Dufite abana bato kandi hano hantu hakunda kuba hatazitiye nta na korotire iriho. Reba nk’ubu abana bari gutambira aha ngaha bagwamo ugasanga bibaye ibibazo.”

Aba baturage bavuga ko abana bakunze kunyura kuri iyi damu iyo bavuye ku masomo, ku buryo impungenge zabo zumvikana.

Nshimiyimana Faustin ati “Usanga abana bato bahari, urumva hari igihe hazaba impanuka ku bana. Duhorana ubwoba ko bari bwikubitemo bavuye ku ishuri.”

Nyirandimubanzi na we ati “Hari n’umwana wari ugiye kugwamo, ni uko papa we yahabaye agahita amufata amaguru, yari yagiye pe.”

Ezra Nshimiyimana uyobora iyi Kamapani ya Saint Simon Metals avuga ko aho iyi damu iri hahora uburinzi, mu gihe umunyamakuru yasanze habereye aho.

Ati ”Ko ari mu butaka bwacu dukoresha, tukaba twarahashyize umuzamu uhakorera ijoro n’amanywa. Hari umwana wigeze ugwa muri iyo Damu? 90/90 aba ahari. Uwigeze agwa muri iyo damu ni uwuhe?”

Hagati y’aho iyi damu y’amazi iherereye, ndetse n’aho abaturage batuye, nta metero eshanu zirimo utututse ku marembo ya bamwe bahatuye.

Ni igikorwa cya Kompanyi ya Saint Simon Metals
Iyi damu y’amazi irabahangayikishije
Hagati yayo n’ingo za bamwe nta na metero eshanu zirimo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 12 =

Previous Post

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Next Post

Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Umuraperi bamwe bakeka ko anywa ibiyobyabwenge yavuze ko n’itabi atarinywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.