Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda, DRC na Angola, bakomeje ibiganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga nyuma yuko hari habaye ibyabereye i Luanda imbonankubone, byemerejwemo Raporo y’impuguke mu by’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2024, i Luanda muri Angola hasubukuwe ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri byari ibya gatandatu.

Ni ibiganiro byitabiriwe n’intumwa zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC, ndetse na Tete António wa Angola.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, avuga ko ku nyuma yuko habaye ibi biganiro byabaye imbonankubone i Luanda, hahise haba ibindi byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubutumwa bwatanzwe n’iyi Minisiteri, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, “Nyuma y’umunsi umwe hemejwe gahunda y’ibikorwa (CONOPS), Minisitiri Olivier Nduhungirehe yifatanyije na bagenzi be ba Angola n’uwa DRC mu nama yo ku ikoranabuhanga, yo mu biganiro by’i Luanda hasubukurwa umushinga w’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na DRD mu kugarura amahoro n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no kubyutsa umubano hagati y’Ibihugu byombi.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yarangije ubutumwa bwayo ivuga ko “u Rwanda ruracyakomeje gushyigikira inzira z’ibiganiro by’i Luanda, ku bufasha bwa Repubulika ya Angola.”

Mu nama yo ku wa Mbere, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zashyize umukono kuri raporo y’impuguke mu by’umutekano n’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni raporo yakozwe nyuma yuko impande zombi zigeze ku myanzuro zihuriyeho irimo uwo gusenya uyu mutwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda wari waramaze guhabwa intebe mu gisirikare cya DRC, ndetse kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ubwo yari akurikiye iyi nama
Iyi nama kandi yanakurikiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 8 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Next Post

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.