Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Mutsinzi Ange na Salomon Nirisarike bari bahagaze bwuma ku buryo nta rutahizamu wa Senegal wabameneragamo, iminota 90’ irangira icyizere kikiri cyose kuko byari 0-0 hagati y’u Rwanda na Senegal, gusa mu minota y’inyongera byaje kuba bibi ubwo Senegal yabonaga Penaliti ikinjizwa na Sadio Mane wari wibuze mu mukino, agatuma akanyamuneza kari kagiye kurara mu Banyarwanda kabaca mu myanya y’intoki.

Muri uyu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, u Rwanda rwawakiririye muri Senegal kuri Stade yitiriwe Abdoulaye Wade, Amavubi yari yashyize imbaraga mu bwugarizi ku buryo ba rutahizamu ba Senegal bageraga imbere y’izamu bakamera nk’amazi amenetse ku rutare.

Mutsinzi Ange Jimmy, Salomon Nirisarike ndetse na Manzi Thierry bari bahagaze neza, bigatuma ba Sadio Mane babagera imbere ntibabone aho banyura.

Abasore b’Amavubi bakinnye umukino mwiza ugereranyije n’uwo bakinnye na Mozambique, batangiye igice cya mbere bakinira inyuma ariko bakanyuzamo, bagaca mu rihumye aba Senegal ariko bagasanga ba myugariro babo na bo bahaze neza.

Igice cya mbere cyarangiye Amavubi anganya 0-0 na Senegal ifite igikombe cya Afurika, bituma u Rwanda rukomeza kwizera ko kunganya n’iyi kipe bishoboka.

Iminota 90′ yarinze irangira iki cyizere kigihari kuko abasore b’Amavubi bakomeje kugarira ndetse bakananyuzamo bakazamuka kugira ngo bashake igitego.

Iyi mikinire y’Amavubi, yatumye yihangira abafana muri Stade yitiriwe Abdoulaye Wade kuko bahagarika abakinnyi ba Senegal, abafana bakabakomera amashyi mu gihe u Rwanda rwari rwatekererejwe ko ruza kwinjizwa ibitego byinshi

Ku mbuga nkoranyambaga zose, Abanyarwanda bagaragazaga ko bafatiye iry’iburyo ikipe yabo, bakomeza gushima uburyo ubwugarizi bw’ikipe y’u Rwanda bwari buhagaze ndetse n’uburyo abakinnyi bose bakinnye muri rusange.

Benshi bavugaga ko Ikipe y’u Rwanda isanzwe imenyerewe itakiri ya yindi kuko yagaragaje umukino unogeye ijisho byumwihariko ubwugarizi bwayo bwatumye rutahizamu ukomeye ku Isi, Sadio Mane yibura muri uyu mukini.

Gusa mu minota itanu y’inyongera, uyu rutahizamu wa Liverpool yo mu Bwongereza ndetse na Saliou Ciss bakomeje kwisirisimbya imbere y’izamu rya Kwizera Olivier biza no gutuma Saliou Ciss akorerwaho ikosa na Ange Mutsinzi Jimmy, umusifuzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahita ahuha mu ifirimbi, atanga Penaliti yatewe na Sadio Mane arayinjiza.

Kwizera Olivier wanakuyemo imipira myinshi yari yabazwemo ibitego, yagerageje gukurikira ishoti rya Sadio Mane ariko umupira uramucika, igitego gihita kinjira, umusifuzi ahita anasoza umukino.

 

Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi :

U Rwanda: Kwizera Olivier, Serumogo Ali, Imanishimwe Emmanuel, Mutsinzi Ange, Nirisarike Salomon, Manzi Thierry, Bizimana Djihad, Muhire Kévin, Ruboneka Bosco, Rafael York na Meddie Kagere.

Sénégal: Mendy, Diallo, Koulibaly, Sabaly, Fode Ballo, Nampalys Mendy, PM Sarr, Gana Gueye, Ismaila Sarr, Habib Diallo na Sadio Mané.

Amakipe yombi yabanje gufata umunota wo kwibuka Kit Manager w’Ikipe y’u Rwanda witabye Imana
Ababanjemo mu ikipe ya Senegal
Abasore b’u Rwanda bari bahagaze neza
Bageraga kuri Mutsinzi Ange bikaba nk’amazi aguye ku rutare
Banyuzagamo bagakora akanama
Sadio Mane atumye Abanyarwanda batararana akanyamuneza bari bizeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga

Next Post

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Umuyobozi muri RGB waburanye yemera icyaha akurikiranyweho cy’uburiganya bwa Miliyoni 22Frw yafatiwe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.