Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, yongeye gutangaza ko yifuza kugura iyi kipe, kandi atanga igihe ntarengwa cyo kwiga ku busabe bwe, bwakwemerwa akayigura 5 000 000 000 Frw, anatangaza indi mishiga afite irimo kugura indege izajya iyijyana gukina hanze.

Munyakazi Sadate yatanze italiki ntarengwa ya 25 Ukuboza 2025, ubwo azaba yizihiza isabukuru ye y’amavuko, akavuga ko yifuza kuzayizihiza n’abakunzi ba Rayon Sports FC bari mu munyenga yaramaze kuyigura.

Munyakazi Sadate yasobanuye ko muri izo miliyari 5 Frw, imwe izasaranganywa amatsinda y’Abafana kugira ngo anagure icyo yise ‘icyuya zabize’ yabize. Naho indi miliyari imwe ngo izishyurwa amadeni kugira ngo yirinde icyo yise ‘birantega’.

Miliyari eshatu (3 000 000 000 Frw) zisigaye, Munyakazi avuga ko azazishora muri Rayon Sports FC mu gihe cy’imyaka itatu, bivuze miliyari imwe buri mwaka.

Munyakazi Sadate avuga ko amatsinda y’abafana (Fan Clubs) azagumaho ariko ntazongera gutanga imisanzu nk’uko bimeze ubu, ku buryo ayo yatangagamo imisanzu azajya ayasura bagakoranamo ubusabane.

Ikindi kandi ngi ni na we uzashyiraho ubuyobozi bw’ikipe kuko ari we uzaba yashoye akayabo, kandi akazashyiraho umurongo utishyurwa wo gutanga ibitekerezo byo kubaka iyi kipe.

Munyakazi Sadate avuga ko nyuma y’imyaka itatu yo kwivugurura hazashorwa izindi miliyari 5 Frw, hakazashingwa kandi indi mikino ishamikiye kuri Rayon Sports FC nka Volleyball, Basketball, Amagare n’izindi, ibi bikaziyongera ku ndege yihariye izaba ari iye ariko igatwara Rayon Sports FC ubwo izajya iba igiye gukina mu marushanwa mpuzamahanga, ikazaba kandi ifite Bisi yiswe iy’akataraboneka, Ambulances ebyiri ziyiherekeza aho igiye hose, Staff van ebyiri na Moto ebyiri ziyigenda imbere.

Munyakazi Sadate yongeyeho ko habayeho ibiganiro by’ibanze akabona bitanga icyizere yahita ashyira muri Rayon Sports FC miliyoni ijana  kuyifasha kurangiza neza shampiyona y’uyu mwaka.

Mu gihe Rayon Sports FC yatwara igikombe, ubu busabe bw’ubugure bwazamukaho 20%, naho ikibuze bwamanukaho 20%.

Abakunzi ba Rayon Sports FC bamwe babifashe nk’urwenya, dore ko bavuga ko uyu mugabo yigeze no kwemera kubaka sitade ntabikore.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.