Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
1
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wanigeze kwegukana iri rushanwa, ubu ayoboye isiganwa nyuma yo kuva mu gikundi akanyukira igare, bagenzi be bakayoberwa aho anyuze.

Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda ya 2015 ubwo yari itarazamurwa ngo ishyirwe kuri 2,1; kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, yongeye kwigaragaza ubwo bahaguruka Huye berecyeza Musanze.

Nsengimana Jean Bosco we n’abandi babiri ari bo Fouche na Pritzen babanje kuva mu gikundi, baza kugera mu bilometero 68 bari imbere y’igikundi kigari cy’abakinnyi bari hamwe.

Agace ko guterura ka mbere katangiweho amanota, kegukanywe Fouche wakurikiwe na Pritzen, mu gihe Umunyarwanda Nsengimana yegukanye umwanya wa gatatu.

Naho Sprint ya kabiri yo yegukanywe n’Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wakurikiwe na Pritzen, naho Fouche aza ku mwanya wa gatatu.

Nsengimana yaje kwereka igihandure aba babiri bakomeje kugendana, aza kubashyiramo intera y’amasegonda 45’’ ndetse aza kurinda agera mu bilometero 101 akiri imbere ariko ubwo bageraga muri ibi bilometeri bagenzi be babiri bari bamaze kugabanya amasegonda y’intera kuko hari hasigayemo amasegonda 20’’.

Barinze banagera mu bilometeri 110 Nsengimana akiyoboye ndetse kuri ibi bilometeri yari amaze gushyiramo amasegonda 40” hagati ye na Pritzen na Fouche bari bamukurikiye.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye agaterera ka gatatu, aho yaje akurikiwe na Pritzen, hakaza Fouche hagarukirikiraho Raisberg.

Saa 12: 17′- Ubwo bari bamaze kugenda ibilometero 128, abakinnyi Pritzen na Fouche bari bamaze gufata Nsengimana wari wabasize.

Saa 12: 21′- Mu bilometero 129, abakinnyi bayoboye abandi barimo Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco, bari bamaze gushyira intero y’iminota 10′ hagati yabo na Peloton.

Saa 12:17′- Nsengimana Jean Bosco yegukanye nanone akandi gaterera ka kane, ku mwanya wa kabiri haza Pritzen na Fouche waje ku mwanya wa gatatu.

Saa 13:13′- Abakinnyi bari imbere bari bamaze kigenda ibilometero 166 bakiyoboye ariko Peloton ibari inyuma yagabanyije intera y’iminota bari bashyizemo kuko bayikuye ku minota 10′ bakayigeze ku minota 5’15”.

Saa 13: 20′- Peloton yakomeye kotsa igitutu abakinnyi bayoboye aka gace, aho bari bagabanyije intera y’ibihe yari hagati yabo, yageze ku minota 4’10”.

Saa 13:27′- Abakinnyi ba mbere bari bamaze kwinjira muri Musanze, basigaye ibilometeri 30 kugira ngo bagere aho basoreza aka gace gafite uburebure bwa 199.5 Km.

Saa 13: 46′- Abakinnyi batanu bari bayoboye, barimo Vercher, Mulueberhane, Ormiston, Bonnet, Muhoza na Nsengimana, mu gihe rurangiranwa Chris Froome wari wabiyunzeho, yaje gusigara asubira inyuma muri Peloton. Hasigaye ibilometero 15 ngo bagere aho basoreza.

Babanje kugendana ari batatu

Nsengimana yegukanye Sprint ya kabiri

Fouche na Pritzen bari basigaye

Ubwo Nsengimana yegukanaga agaterera ka kane

I Musanze basanze hajojobye akavura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Oscar Ingabire says:
    2 years ago

    Bosco tumurinyuma akomeze aheshe ishema abanyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Next Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Related Posts

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

by radiotv10
18/07/2025
0

Nyuma yuko Muhire Kevin areze ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports kubera kutamwishyura umushahara w’amezi abiri, umukinnyi w’Umunya-Senegal, Omar Gning na...

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo...

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

by radiotv10
16/07/2025
0

Umutoza Seninga Innocent wigeze guhagarikwa n’ikipe ya Etincelles FC, akanerecyeza muri Zambia ariko akabura ikipe, yongeye kugirirwa icyizere n’iyi kipe...

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

by radiotv10
15/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi...

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.