Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
1
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wanigeze kwegukana iri rushanwa, ubu ayoboye isiganwa nyuma yo kuva mu gikundi akanyukira igare, bagenzi be bakayoberwa aho anyuze.

Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda ya 2015 ubwo yari itarazamurwa ngo ishyirwe kuri 2,1; kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, yongeye kwigaragaza ubwo bahaguruka Huye berecyeza Musanze.

Nsengimana Jean Bosco we n’abandi babiri ari bo Fouche na Pritzen babanje kuva mu gikundi, baza kugera mu bilometero 68 bari imbere y’igikundi kigari cy’abakinnyi bari hamwe.

Agace ko guterura ka mbere katangiweho amanota, kegukanywe Fouche wakurikiwe na Pritzen, mu gihe Umunyarwanda Nsengimana yegukanye umwanya wa gatatu.

Naho Sprint ya kabiri yo yegukanywe n’Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wakurikiwe na Pritzen, naho Fouche aza ku mwanya wa gatatu.

Nsengimana yaje kwereka igihandure aba babiri bakomeje kugendana, aza kubashyiramo intera y’amasegonda 45’’ ndetse aza kurinda agera mu bilometero 101 akiri imbere ariko ubwo bageraga muri ibi bilometeri bagenzi be babiri bari bamaze kugabanya amasegonda y’intera kuko hari hasigayemo amasegonda 20’’.

Barinze banagera mu bilometeri 110 Nsengimana akiyoboye ndetse kuri ibi bilometeri yari amaze gushyiramo amasegonda 40” hagati ye na Pritzen na Fouche bari bamukurikiye.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye agaterera ka gatatu, aho yaje akurikiwe na Pritzen, hakaza Fouche hagarukirikiraho Raisberg.

Saa 12: 17′- Ubwo bari bamaze kugenda ibilometero 128, abakinnyi Pritzen na Fouche bari bamaze gufata Nsengimana wari wabasize.

Saa 12: 21′- Mu bilometero 129, abakinnyi bayoboye abandi barimo Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco, bari bamaze gushyira intero y’iminota 10′ hagati yabo na Peloton.

Saa 12:17′- Nsengimana Jean Bosco yegukanye nanone akandi gaterera ka kane, ku mwanya wa kabiri haza Pritzen na Fouche waje ku mwanya wa gatatu.

Saa 13:13′- Abakinnyi bari imbere bari bamaze kigenda ibilometero 166 bakiyoboye ariko Peloton ibari inyuma yagabanyije intera y’iminota bari bashyizemo kuko bayikuye ku minota 10′ bakayigeze ku minota 5’15”.

Saa 13: 20′- Peloton yakomeye kotsa igitutu abakinnyi bayoboye aka gace, aho bari bagabanyije intera y’ibihe yari hagati yabo, yageze ku minota 4’10”.

Saa 13:27′- Abakinnyi ba mbere bari bamaze kwinjira muri Musanze, basigaye ibilometeri 30 kugira ngo bagere aho basoreza aka gace gafite uburebure bwa 199.5 Km.

Saa 13: 46′- Abakinnyi batanu bari bayoboye, barimo Vercher, Mulueberhane, Ormiston, Bonnet, Muhoza na Nsengimana, mu gihe rurangiranwa Chris Froome wari wabiyunzeho, yaje gusigara asubira inyuma muri Peloton. Hasigaye ibilometero 15 ngo bagere aho basoreza.

Babanje kugendana ari batatu

Nsengimana yegukanye Sprint ya kabiri

Fouche na Pritzen bari basigaye

Ubwo Nsengimana yegukanaga agaterera ka kane

I Musanze basanze hajojobye akavura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Oscar Ingabire says:
    3 years ago

    Bosco tumurinyuma akomeze aheshe ishema abanyarwanda

    Reply

Leave a Reply to Oscar Ingabire Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Next Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Related Posts

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

by radiotv10
29/10/2025
0

Rayon Sports ishobora kubura umutoza w’umunya-Senegal, Serigne Saliou Dia bari bumvikanye, nyuma yuko aje ku rutonde rw’abashobora guhabwa akazi mu...

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

IZIHERUKA

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23
AMAHANGA

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

31/10/2025
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.