Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team, yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda agera ahasorezwa isiganwa ari wenyine.
Uyu muholandi yegukanye aka gace gafite intera y’ibilometero 145,3 katurutse i Huye mu Ntara y’Amajyepfo kerecyeza i Rusizi mu Ntara y’iburengerazuba.
Jurgen Zomermaand yegukanye aka gace abanje gufata icyemezo akiyambura itsinda ry’abakinnyi babiri bari kumwe, ari bo Mulubrhan Vanhuffel bakunze kuyoborana isiganwa.
Habura ibilometeri bitatu ngo bagere ahasorezwa iri rushanwa, uyu Muholandi Jurgen Zomermaand yiyambuye aba bagenzi be, akora ibizwi nko kwataka, arinda agera ku murongo w’umweru ari wenyine.
Ku mwanya wa kabiri haje Umubiligi Lucas Van Gils ukinira ikipe ya Lotto-Groupe Wanty, warushijwe amasegonda 20”.36 na we wakurikiwe n’Umubiligi mugenzi we Matteo Vanhuffel na we ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team.
Ku mwanya wa kane haje Umunya-Brazil, Henrique Ribeiro Bravo, mu gihe ku mwanya wa gatanu haje Jose Said Cisneros, bombi bakinira Soudal – Quick-Step Devo Team,
Ni mu gihe Umunyarwanda waje ku mwanya wa hafi, ari Niyonkuru Samuel ukinira ikipe ya Amani, waje ku mwanya wa 10, aho yasizwe amasegonda 43”.81 n’uyu mukinnyi w’Umuholandi wegukanye aka gace.






RADIOTV10










