• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ibyiciro bishya by’imisanzu y’ubwishingizi bwa Mituweli, aho abo mu cyiciro cya kabiri cy’abunganirwa na Leta, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, mu gihe abo mu cya gatanu bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

Ni ibyiciro byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, aho icya mbere bazajya bishyurirwa na Leta 100%, amafaranga 4 000 Frw.

Abo mu cyiciro cya kabiri, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, Leta ibongerereho 1 000 Frw, mu gihe mu cyiciro cya gatatu ari na cyo cya mbere mu bazajya biyishyurira 100%, bo bazajya bishyura 5 000 Frw.

Naho abo mu cyiciro cya kane, bo bazajya biyishyurira 8 000 Frw, mu gihe abo mu cyiciro cya gatanu ari na cyo cya nyuma, bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

RSSB kandi yanatangaje serivisi z’ubuvuzi zongerewe kuzajya zivurirwa kuri ubu bwishingizi bwa Mutuelle de Sante:

  • Gusimburizwa impyiko
  •  Ubuvuzi bwa kanseri
  • Ubuvuzi bw’umutima
  • Kubaga amavi
  • Kubaga umutwe w’igufa ry ukuguru
  • Kubaga urutirigongo
  • Kuyungurura amaraso
  • Kubaga ibice bikomeye hisunzwe ikoranabuhanga rigezweho
  • Insimburangingo n’inyunganirangingo
  • Guhabwa ibigize amaraso nk umushongi, udufashi n’insoro zitukura (Imwe mu miti y’ingenzi itishyurwaga na Mituweli.)

Ibyiciro n’ingano y’amafaranga abantu binjiza

Abo mu cyiciro cya mbere, ni abantu batagira icyo binjiza ku kwezi, aho bangana na 6,89% by’Abanyarwanda, mu gihe abo mu cyiciro cya kabiri, ari abinjiza umushahara uri munsi y’amafaranga ibihumbi 30 Frw ku kwezi, bo bakaba bagize 23,20% by’Abanyarwanda.

Abo mu cyiciro cya gatatu, ni abinjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 Frw n’ibihumbi 60 Frw ku kwezi, bo bangana na 35,03 % by’Abanyarwanda bose. Ni na cyo cyiciro kirimo Abanyarwanda benshi.

Abo mu cyiciro cya kane, ni abinjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 120 Frw ku kwezi, bo bangana 26,86%; hakaba n’icyiciro cya gatanu kirimo abinjiza hejuru y’ibihumbi 120 Frw kukwezi, bakaba ari 8,01% by’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Next Post

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.