Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ibyiciro bishya by’imisanzu y’ubwishingizi bwa Mituweli, aho abo mu cyiciro cya kabiri cy’abunganirwa na Leta, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, mu gihe abo mu cya gatanu bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

Ni ibyiciro byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, aho icya mbere bazajya bishyurirwa na Leta 100%, amafaranga 4 000 Frw.

Abo mu cyiciro cya kabiri, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, Leta ibongerereho 1 000 Frw, mu gihe mu cyiciro cya gatatu ari na cyo cya mbere mu bazajya biyishyurira 100%, bo bazajya bishyura 5 000 Frw.

Naho abo mu cyiciro cya kane, bo bazajya biyishyurira 8 000 Frw, mu gihe abo mu cyiciro cya gatanu ari na cyo cya nyuma, bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

RSSB kandi yanatangaje serivisi z’ubuvuzi zongerewe kuzajya zivurirwa kuri ubu bwishingizi bwa Mutuelle de Sante:

  • Gusimburizwa impyiko
  •  Ubuvuzi bwa kanseri
  • Ubuvuzi bw’umutima
  • Kubaga amavi
  • Kubaga umutwe w’igufa ry ukuguru
  • Kubaga urutirigongo
  • Kuyungurura amaraso
  • Kubaga ibice bikomeye hisunzwe ikoranabuhanga rigezweho
  • Insimburangingo n’inyunganirangingo
  • Guhabwa ibigize amaraso nk umushongi, udufashi n’insoro zitukura (Imwe mu miti y’ingenzi itishyurwaga na Mituweli.)

Ibyiciro n’ingano y’amafaranga abantu binjiza

Abo mu cyiciro cya mbere, ni abantu batagira icyo binjiza ku kwezi, aho bangana na 6,89% by’Abanyarwanda, mu gihe abo mu cyiciro cya kabiri, ari abinjiza umushahara uri munsi y’amafaranga ibihumbi 30 Frw ku kwezi, bo bakaba bagize 23,20% by’Abanyarwanda.

Abo mu cyiciro cya gatatu, ni abinjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 Frw n’ibihumbi 60 Frw ku kwezi, bo bangana na 35,03 % by’Abanyarwanda bose. Ni na cyo cyiciro kirimo Abanyarwanda benshi.

Abo mu cyiciro cya kane, ni abinjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 120 Frw ku kwezi, bo bangana 26,86%; hakaba n’icyiciro cya gatanu kirimo abinjiza hejuru y’ibihumbi 120 Frw kukwezi, bakaba ari 8,01% by’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Next Post

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.