Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yemeje ko yise ijambo ryumvikana nk’igitutsi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kubera uburakari yatewe n’imyitwarire ye mu makimbirane ari hagati y’Igihugu cye na Hezbollah.
Donald Trump yemeje ko yise Netanyahu ‘fucking crazy’ [cyangwa umurwayi wo mu mutwe] mu kiganiro bagiranye kuri telefone ku wa Mbere w’iki cyumweru.
Ubwo yaganiraga na Pod Force One, Trump yemeje ko yakoresheje iyi mvugo. Ati “Ariko ntabwo nagombaga kubivuga, sinavuga ko nari ndakaye, ariko nari ntewe impungenge n’urugamba ari kurwana muri Lebanon.”
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Trump yavuze ko asanzwe akunda Benjamin Netanyahu. Ati “tugirana imikoranire y’intangarugero.”
Iyi mvugo yafashwe nko kuba Trump yarasuzuguye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Netanyahu, yatangajwe bwa mbere ku wa Mbere n’ikinyamakuru Axios cyo muri America, ariko ubutegetsi bwa Israel bwo bwari bwabanje guhakana ko ibi byabaye.
RADIOTV10





