Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya guhura n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasinya amasezerano ya nyuma.

Donald Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga muri White House ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, ari bo uwa Liberia, uwa Guinea Bissau, uwa Senegal, uwa Mauritania, n’uwa Gabon.

Yagize ati “Mu byumweru bicye biri imbere, Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazaza gushyira umukono ku masezerano ya nyuma.”

Perezida Kagame na Tshisekedi baherukaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki 28 Werurwe, bahujwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, nk’igikorwa cyari kigamije kubyutsa icyizere kugira ngo bibe umusingi wo kubakiraho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo, cyaje no gukurikirwa n’ibiganiro biri guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23.

Trump yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari, byagiye biba bibi kurushaho, ndetse ko intambara yabaye mu burasirazuba bwa DRC, hari abavuga ko ari yo ikomeye yabayeho nyuma y’iya Kabiri y’Isi yose, ariko ko ku bw’aya masezerano igiye kurangira.

Trump atangaje ko aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiye guhura nyuma y’ibyumweru bibiri Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye amasezerano y’amahoro, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki 27 Kamena 2025 n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na Therese Kayikwamba Wagner.

Ubwo aba bakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi bashyiraga umukono kuri aya masezerano, banakiriwe na Perezida Trump wavuze ko ari ay’amateka, kandi ko ari intambwe iganisha kuzana amahoro mu karere ibi Bihugu byombi biherereyemo, kugira ngo imikoranire na America mu bucuruzi ibashe gukorwa, ndetse n’intambara iri mu burasirazuba bwa DRC, ikarangira.

Yari yagize ati “Uyu munsi intambara irarangiye burundu ndetse n’akarere kose kinjiye mu rugendo rushya rw’icyizere, ugushyira hamwe namahoro.”

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki 04 Nyakanga 2025, yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bwinjiye muri iki kibazo bugihereye mu mizi, kuko mu gushaka umuti bwibanze ku ngingo eshatu zirimo iza Politiki, iz’Umutekano n’ubukungu, mu gihe abandi babyirengagizaga, bagashakira umuti aho utari, nko gufatira ibihano u Rwanda cyangwa M23.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko aya masezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America, ari amahirwe yo kuba haboneka amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, ariko ko bizaterwa n’uburyo ibi Bihugu byayasinye bizayashyira mu bikorwa, avuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kubahiriza ibyo rwemeye byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

Next Post

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy'ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.