Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Mu kwezi k'Ukwakira 2024 ubwo habaga inteko ya OIF mu Bufaransa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu cye cyariyemeje kuzatanga umukandida mu matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF iyobowe na Louise Mushikiwabo uzaniyamamariza manda ya gatatu.

Félix Tshisekedi yakiriwe na Emmanuel Macron mu biro bye ‘Elysée’ i Pari kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare 2026, bagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiri by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, Uretse ingingo irebana n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, Abakuru b’Ibihugu byombi banaganiriye kuri kandidatire y’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo uzanongera kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ubuyobozi bw’u Bufaransa, mu ntangiro z’uku kwezi kwa Gashyantare, bwohereje muri DRC intumwa zari ziyobowe na Éléonore Caroit mu izina rya Minisitiri ushinzwe u Burayi n’Ububanyi n’Amahanga unashinzwe Francophonie.

Uyu wari uyoboye Intumwa z’u Bufaransa, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kugeza icyo gihe urubuga rwari rufunguye mu gutanga kandidatire kandi ko “niba ntibeshye bizabera ku ya 15 Gicurasi.”

Yari yagize ati “birumvikana ko tuzaba dushyize imbere iyi gahunda. Icy’ingenzi kuri twe, ni uko RDC igira uruhare mu bikorwa bya francophonie. Nanone kandi dufite byinshi byo gukora kugira ngo duteze imbere ururimi rw’Igifaransa n’indangagaciro ziduhuza.”

Abasesenguzi bavuga ko DRC yiyemeje gutanga umukandida muri aya matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, mu rwego rwo gukomeza guhangana n’u Rwanda muri dipolomasi, dore ko uyu muryango usanzwe uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wanamaze kwemezwa n’Igihugu cye azongera guhatana muri aya matora muri manda ye ya gatatu. Aya matora azabera mu Nteko ya Francophonie muri Cambodge izaba tariki 15 na 16 Ugushyingo 2026.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo yagiranye na Jeune Afrique muri uku kwezi, yavuze ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, nta gitangaza kirimo, ndetse ko kuba kiriya Gihugu kizatanga umukandida wacyo bagahatana, nta kibazo bimutwaye kuko yifitiye icyizere gihagije.

Yari yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Next Post

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Related Posts

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

26/02/2026
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.