• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
Share on FacebookShare on Twitter

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye ku bibazo biri mu karere.

Macky Sall yageze i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare 2026, aho yagaragaye ku Kibuga cy’Indege anavuza ingoma zizwi mu muco w’u Burundi.

Uyu wahoze ayobora Senegal warangije manda ze agasimburwa na Bassirou Diomaye Faye watsize amatora muri 2024, ubu ni umugenzuzi mukuru w’ikigo mpuzamahanga gishinzwe kwihutisha gahunda zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe GCA (Global Centre on Adaptation).

Macky Sall agiye i Burundi nyuma y’igihe gito Perezida Evariste Ndayishimiye ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afuruka Yunze Ubumwe.

Amakuru atangwa n’abayobozi mu butegetsi bukuru bw’u Burundi, avuga ko Sall ahura na Ndayishimiye bakaganira ku bibazo binyuranye birimo ibiri mu karere k’ibiyaga bigari.

Ikinyamakuru BBC Gahuza kandi kivuga ko hari n’amakuru amaze iminsi avugwa ko Macky Sall ashaka kuziyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka.

Sall wabaye umwe mu Bakuru b’Ibihugu bagize ijambo cyane ku Mugabane wa Afurika, aramutse ahatanye muri aya matora y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ashobora kuzahatana n’uwahoze ari Perezida wa Chili, Michelle Bachelet byamaze kwemezwa ko yifuza gusimbura Umunya-Portugal Antonio Guterres uzarangiza manda uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Next Post

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.