Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Mu kwezi k'Ukwakira 2024 ubwo habaga inteko ya OIF mu Bufaransa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu cye cyariyemeje kuzatanga umukandida mu matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF iyobowe na Louise Mushikiwabo uzaniyamamariza manda ya gatatu.

Félix Tshisekedi yakiriwe na Emmanuel Macron mu biro bye ‘Elysée’ i Pari kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare 2026, bagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiri by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, Uretse ingingo irebana n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, Abakuru b’Ibihugu byombi banaganiriye kuri kandidatire y’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo uzanongera kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ubuyobozi bw’u Bufaransa, mu ntangiro z’uku kwezi kwa Gashyantare, bwohereje muri DRC intumwa zari ziyobowe na Éléonore Caroit mu izina rya Minisitiri ushinzwe u Burayi n’Ububanyi n’Amahanga unashinzwe Francophonie.

Uyu wari uyoboye Intumwa z’u Bufaransa, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kugeza icyo gihe urubuga rwari rufunguye mu gutanga kandidatire kandi ko “niba ntibeshye bizabera ku ya 15 Gicurasi.”

Yari yagize ati “birumvikana ko tuzaba dushyize imbere iyi gahunda. Icy’ingenzi kuri twe, ni uko RDC igira uruhare mu bikorwa bya francophonie. Nanone kandi dufite byinshi byo gukora kugira ngo duteze imbere ururimi rw’Igifaransa n’indangagaciro ziduhuza.”

Abasesenguzi bavuga ko DRC yiyemeje gutanga umukandida muri aya matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, mu rwego rwo gukomeza guhangana n’u Rwanda muri dipolomasi, dore ko uyu muryango usanzwe uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wanamaze kwemezwa n’Igihugu cye azongera guhatana muri aya matora muri manda ye ya gatatu. Aya matora azabera mu Nteko ya Francophonie muri Cambodge izaba tariki 15 na 16 Ugushyingo 2026.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo yagiranye na Jeune Afrique muri uku kwezi, yavuze ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, nta gitangaza kirimo, ndetse ko kuba kiriya Gihugu kizatanga umukandida wacyo bagahatana, nta kibazo bimutwaye kuko yifitiye icyizere gihagije.

Yari yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Next Post

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.