• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Mu kwezi k'Ukwakira 2024 ubwo habaga inteko ya OIF mu Bufaransa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu cye cyariyemeje kuzatanga umukandida mu matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF iyobowe na Louise Mushikiwabo uzaniyamamariza manda ya gatatu.

Félix Tshisekedi yakiriwe na Emmanuel Macron mu biro bye ‘Elysée’ i Pari kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare 2026, bagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiri by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, Uretse ingingo irebana n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, Abakuru b’Ibihugu byombi banaganiriye kuri kandidatire y’iki Gihugu mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF) uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo uzanongera kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ubuyobozi bw’u Bufaransa, mu ntangiro z’uku kwezi kwa Gashyantare, bwohereje muri DRC intumwa zari ziyobowe na Éléonore Caroit mu izina rya Minisitiri ushinzwe u Burayi n’Ububanyi n’Amahanga unashinzwe Francophonie.

Uyu wari uyoboye Intumwa z’u Bufaransa, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko kugeza icyo gihe urubuga rwari rufunguye mu gutanga kandidatire kandi ko “niba ntibeshye bizabera ku ya 15 Gicurasi.”

Yari yagize ati “birumvikana ko tuzaba dushyize imbere iyi gahunda. Icy’ingenzi kuri twe, ni uko RDC igira uruhare mu bikorwa bya francophonie. Nanone kandi dufite byinshi byo gukora kugira ngo duteze imbere ururimi rw’Igifaransa n’indangagaciro ziduhuza.”

Abasesenguzi bavuga ko DRC yiyemeje gutanga umukandida muri aya matora y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, mu rwego rwo gukomeza guhangana n’u Rwanda muri dipolomasi, dore ko uyu muryango usanzwe uyobowe n’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo wanamaze kwemezwa n’Igihugu cye azongera guhatana muri aya matora muri manda ye ya gatatu. Aya matora azabera mu Nteko ya Francophonie muri Cambodge izaba tariki 15 na 16 Ugushyingo 2026.

Mu kiganiro Louise Mushikiwabo yagiranye na Jeune Afrique muri uku kwezi, yavuze ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, nta gitangaza kirimo, ndetse ko kuba kiriya Gihugu kizatanga umukandida wacyo bagahatana, nta kibazo bimutwaye kuko yifitiye icyizere gihagije.

Yari yagize ati “Leta ya Kinshasa, iri gutegura umukandida wayo izatanga ngo duhangane, ibyo ntakibazo ni byiza.  Ibihugu bizihitiramo, reka bazitorere! Mu by’ukuri, ndatekereza ko aya matora ari agamije guha ubuzima OIF.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Next Post

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.