Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Twishimira uko u Rwanda rukomeza guharanira amahoro ku Isi – Minisitiri Biruta

radiotv10by radiotv10
24/10/2021
in MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Twishimira uko u Rwanda rukomeza guharanira amahoro ku Isi – Minisitiri Biruta
Share on FacebookShare on Twitter

Ibi Minisitiri, Dr Vincent Biruta yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2021, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi yose mu kwizihiza isabukuru ya 76 y’Umuryango w’Abibumbye washinzwe ku munsi nk’uyu mu 1945.

 Ni umunsi wahuriranye na siporo rusange ngarukakwezi izwi nka Car Free Day yari yanitabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, uw’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Beata, uw’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Solange n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pundence Rubingisa.

Minisitiri Dr Biruta yavuze ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kandi uyu muryango ufite ibikorwa byinshi ufatanyamo n’igihugu mu iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

 

Ati “Umuryango w’Abibumbye uretse kuba turi abanyamuryango ariko ufite n’amashami menshi yawo abarizwa mu gihugu cyacu ku buryo ari abafatanyabikorwa b’imena mu iterambere ry’igihugu.”

 

Yakomeje agira ati “Bafite amashami arebana n’ubuzima,abana, uburezi, ubuhinzi n’ibindi byinshi usanga ari gahunda igihugu kirimo kandi gifatanya n’iyo miryango itandukanye kugira ngo izo gahunda zibashe kugenda neza kuko Umuryango w’Abibumbye niwo utera inkunga gahunda igihugu kiba cyarihaye.”

 

Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye yashimye uruhare rw’u Rwanda mu guharanira amahoro n’umutekano ku Isi.

 

Ati “Umwaka utaha tuzaba twizihiza imyaka 60 y’ubunyamuryango bw’u Rwanda muri Loni. Twishimira uko u Rwanda rukomeza guharanira amahoro ku Isi rutanga umusanzu ukomeye ku butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bihugu byo hirya no hino.”

 

Abitabiriye iyi siporo bazengurutse imihanda itandukanye y’Umujyi wa Kigali nyuma baza gusoreza kuri Stade Amahoro, aho bakoze imyotozo ngororamubiri yakoreshejwe n’Umuyobozi w’Umuryango Children and Youth Sports Organization, Mukasa Nelson.

Mukasa yavuze ko n’ubwo ari umunsi udasanzwe wahariwe UN, Abanya-Kigali bagize umwanya wo gukora siporo cyane ko siporo ari ubuzima.

ti “Siporo ni ubuzima, ni amahirwe twagize kuba uyu munsi wahariwe Loni wabaye ibikorwa bya siporo n’imyitozo ngororamubiri byarakomorewe nyuma ya Covid-19, ibintu byanatumye abantu bitabira ku bwinshi.”

Nyuma y’imyitozo ngororamubiri yabereye kuri Stade Amahoro, abitabiriye bose bahawe umwanya wo gutanga amaraso, bapimwa indwara zitandukanye zirimo na Covid-19.

Ku wa 24 Ukwakira 1948,  nibwo Loni yashyizweho. Ni mu muhango wabereye i San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ufite intego yo kubumbatira amahoro n’umutekano ku Isi; gukumira ibikorwa byose bigamije guhungabanya umutekano mu rwego rw’akarere no ku Isi hose.

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

APR FC yanyagiwe na Etoile Sportif du Sahel

Next Post

Ihere ijisho AMAFOTO yaranze “Rayon Sports Day”

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihere ijisho AMAFOTO yaranze “Rayon Sports Day”

Ihere ijisho AMAFOTO yaranze “Rayon Sports Day”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.