Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene; avuga ko u iyo u Bubiligi buzikana ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite, bwari bukwiye guca bugufi.

Tariki 17 Werurwe 2025, umunsi utazibagirana wongeye kugaragaza ko u Rwanda ari Igihugu kimaze kubaka igitinyiro no kwigira, no kwanga agasuzuguro, aho rwafashe icyemezo cyo guhagarika umubano warwo n’u Bubiligi bumaze igihe bwinjiye mu mugambi wo kurusibiyira amayira bwitwaje uruhande bwafashe mu bibazo biri mu karere.

Iki cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi gishingiye ku myitwarire y’u Bubiligi ku Rwanda kuva mu mateka ya cyera yaba aya mbere ya Jenoside, na nyuma yayo, dore ko uretse gucumbikira abasize bahekuye u Rwanda, bwanabahaye urubuga, bakirirwa bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakanakuza ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizima avuga ko imyitwarire nk’iyi y’u Bubiligi ku Rwanda yatumye rufata iki cyemezo, atari iya none, ahubwo ko igaragara no mu mateka.

Ati “Kuko u Bubiligi ni cyo Gihugu twavuga ko ari yo ntandaro y’amateka mabi u Rwanda rwahuye na yo, y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyo hatabaho ubukoloni bw’u Bubiligi ntabwo Jenoside yashoboraga kuba.”

Dr Bizimana avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yaturutse ku irondabwoko, kandi ko u Bubiligi ari bwo bwazanye politiki yo gutanya Abanyarwanda.

Ati “Kuvuga ko Abanyarwanda atari bamwe, ntacyo bahuriyeho, bataziye mu Rwanda rimwe,…ibyo ni Ababiligi babitangiye.”

Minisitiri Bizimana wagarutse ku mateka yo kuva u Bubiligi bwaragizwa u Rwanda, yavuze ko ari bwo akarengane kinjiye mu Rwanda, irondabwoko rikimakazwa, atanga n’ingero; yavuze ko na nyuma yuko u Rwanda ruboneye ubwigenge iki Gihugu kitashizwe ahubwo ko cyakomeje kugira uruhare mu gushyigikira butegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute nyuma y’ibi byose?

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko u Bubiligi bwari bukwiye kwibuka aka kaga kose bwateje u Rwanda, ku buryo bwari bukwiye kugenza macye.

Ati “U Bubiligi bukwiye guca bugufi, bukumva ukuri, bukumva ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagejeje ku baturage b’Umujyi wa Kigali ku Cyumweru tariki 16 Werurwe muri gahunda yo Kwegera Abaturage, yagarutse kuri aya mateka mabi u Bubiligi bwagizemo uruhare ku Rwanda, aho yavuze ko Abanyarwanda bagize ibyago bagakolonizwa n’iki Gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko u Bubiligi bwahemukiye u Rwanda kuva cyera, kandi bukaba bwarakomeje uwo murongo, bityo ko igihe kigeze ngo bubihagarike.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “U Bubiligi bwishe u Rwanda bukica Abanyarwanda, amateka arenze imyaka 30 bukajya butugarukaho, abasigaye bukongera bukabica, twarabihanangirije kuva kera, turaza kubihanangiriza n’ubu ngubu.”

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku myitwarire y’u Bubiligi yo mu bihe bicye bishize, avuga ko iki Gihugu cyari gikwiye guterwa isoni n’iyi migambi mibisha kigirira u Rwanda.

Yagize ati “U Bubiligi bwakolonije ibyo Bihugu bitatu [u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi] bakagenda bakajya i Kinshasa bagatunga urutoki u Rwanda, bakavuga ko baza kurufatira ibihano kandi bagiye kubwira Isi yose kubikora ku Rwanda. Ariko se wowe nta soni ugira? Guhamagarira Isi yose guteranira ku Rwanda koko, uko rungana?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Next Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.