Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene; avuga ko u iyo u Bubiligi buzikana ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite, bwari bukwiye guca bugufi.

Tariki 17 Werurwe 2025, umunsi utazibagirana wongeye kugaragaza ko u Rwanda ari Igihugu kimaze kubaka igitinyiro no kwigira, no kwanga agasuzuguro, aho rwafashe icyemezo cyo guhagarika umubano warwo n’u Bubiligi bumaze igihe bwinjiye mu mugambi wo kurusibiyira amayira bwitwaje uruhande bwafashe mu bibazo biri mu karere.

Iki cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi gishingiye ku myitwarire y’u Bubiligi ku Rwanda kuva mu mateka ya cyera yaba aya mbere ya Jenoside, na nyuma yayo, dore ko uretse gucumbikira abasize bahekuye u Rwanda, bwanabahaye urubuga, bakirirwa bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakanakuza ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizima avuga ko imyitwarire nk’iyi y’u Bubiligi ku Rwanda yatumye rufata iki cyemezo, atari iya none, ahubwo ko igaragara no mu mateka.

Ati “Kuko u Bubiligi ni cyo Gihugu twavuga ko ari yo ntandaro y’amateka mabi u Rwanda rwahuye na yo, y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyo hatabaho ubukoloni bw’u Bubiligi ntabwo Jenoside yashoboraga kuba.”

Dr Bizimana avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yaturutse ku irondabwoko, kandi ko u Bubiligi ari bwo bwazanye politiki yo gutanya Abanyarwanda.

Ati “Kuvuga ko Abanyarwanda atari bamwe, ntacyo bahuriyeho, bataziye mu Rwanda rimwe,…ibyo ni Ababiligi babitangiye.”

Minisitiri Bizimana wagarutse ku mateka yo kuva u Bubiligi bwaragizwa u Rwanda, yavuze ko ari bwo akarengane kinjiye mu Rwanda, irondabwoko rikimakazwa, atanga n’ingero; yavuze ko na nyuma yuko u Rwanda ruboneye ubwigenge iki Gihugu kitashizwe ahubwo ko cyakomeje kugira uruhare mu gushyigikira butegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute nyuma y’ibi byose?

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko u Bubiligi bwari bukwiye kwibuka aka kaga kose bwateje u Rwanda, ku buryo bwari bukwiye kugenza macye.

Ati “U Bubiligi bukwiye guca bugufi, bukumva ukuri, bukumva ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagejeje ku baturage b’Umujyi wa Kigali ku Cyumweru tariki 16 Werurwe muri gahunda yo Kwegera Abaturage, yagarutse kuri aya mateka mabi u Bubiligi bwagizemo uruhare ku Rwanda, aho yavuze ko Abanyarwanda bagize ibyago bagakolonizwa n’iki Gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko u Bubiligi bwahemukiye u Rwanda kuva cyera, kandi bukaba bwarakomeje uwo murongo, bityo ko igihe kigeze ngo bubihagarike.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “U Bubiligi bwishe u Rwanda bukica Abanyarwanda, amateka arenze imyaka 30 bukajya butugarukaho, abasigaye bukongera bukabica, twarabihanangirije kuva kera, turaza kubihanangiriza n’ubu ngubu.”

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku myitwarire y’u Bubiligi yo mu bihe bicye bishize, avuga ko iki Gihugu cyari gikwiye guterwa isoni n’iyi migambi mibisha kigirira u Rwanda.

Yagize ati “U Bubiligi bwakolonije ibyo Bihugu bitatu [u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi] bakagenda bakajya i Kinshasa bagatunga urutoki u Rwanda, bakavuga ko baza kurufatira ibihano kandi bagiye kubwira Isi yose kubikora ku Rwanda. Ariko se wowe nta soni ugira? Guhamagarira Isi yose guteranira ku Rwanda koko, uko rungana?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 18 =

Previous Post

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Next Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.