Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene; avuga ko u iyo u Bubiligi buzikana ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite, bwari bukwiye guca bugufi.

Tariki 17 Werurwe 2025, umunsi utazibagirana wongeye kugaragaza ko u Rwanda ari Igihugu kimaze kubaka igitinyiro no kwigira, no kwanga agasuzuguro, aho rwafashe icyemezo cyo guhagarika umubano warwo n’u Bubiligi bumaze igihe bwinjiye mu mugambi wo kurusibiyira amayira bwitwaje uruhande bwafashe mu bibazo biri mu karere.

Iki cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi gishingiye ku myitwarire y’u Bubiligi ku Rwanda kuva mu mateka ya cyera yaba aya mbere ya Jenoside, na nyuma yayo, dore ko uretse gucumbikira abasize bahekuye u Rwanda, bwanabahaye urubuga, bakirirwa bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakanakuza ingengabitekerezo ya Jenoside.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizima avuga ko imyitwarire nk’iyi y’u Bubiligi ku Rwanda yatumye rufata iki cyemezo, atari iya none, ahubwo ko igaragara no mu mateka.

Ati “Kuko u Bubiligi ni cyo Gihugu twavuga ko ari yo ntandaro y’amateka mabi u Rwanda rwahuye na yo, y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyo hatabaho ubukoloni bw’u Bubiligi ntabwo Jenoside yashoboraga kuba.”

Dr Bizimana avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yaturutse ku irondabwoko, kandi ko u Bubiligi ari bwo bwazanye politiki yo gutanya Abanyarwanda.

Ati “Kuvuga ko Abanyarwanda atari bamwe, ntacyo bahuriyeho, bataziye mu Rwanda rimwe,…ibyo ni Ababiligi babitangiye.”

Minisitiri Bizimana wagarutse ku mateka yo kuva u Bubiligi bwaragizwa u Rwanda, yavuze ko ari bwo akarengane kinjiye mu Rwanda, irondabwoko rikimakazwa, atanga n’ingero; yavuze ko na nyuma yuko u Rwanda ruboneye ubwigenge iki Gihugu kitashizwe ahubwo ko cyakomeje kugira uruhare mu gushyigikira butegetsi bubi bwabayeho mu Rwanda bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute nyuma y’ibi byose?

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko u Bubiligi bwari bukwiye kwibuka aka kaga kose bwateje u Rwanda, ku buryo bwari bukwiye kugenza macye.

Ati “U Bubiligi bukwiye guca bugufi, bukumva ukuri, bukumva ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo byose u Rwanda rufite.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagejeje ku baturage b’Umujyi wa Kigali ku Cyumweru tariki 16 Werurwe muri gahunda yo Kwegera Abaturage, yagarutse kuri aya mateka mabi u Bubiligi bwagizemo uruhare ku Rwanda, aho yavuze ko Abanyarwanda bagize ibyago bagakolonizwa n’iki Gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko u Bubiligi bwahemukiye u Rwanda kuva cyera, kandi bukaba bwarakomeje uwo murongo, bityo ko igihe kigeze ngo bubihagarike.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “U Bubiligi bwishe u Rwanda bukica Abanyarwanda, amateka arenze imyaka 30 bukajya butugarukaho, abasigaye bukongera bukabica, twarabihanangirije kuva kera, turaza kubihanangiriza n’ubu ngubu.”

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku myitwarire y’u Bubiligi yo mu bihe bicye bishize, avuga ko iki Gihugu cyari gikwiye guterwa isoni n’iyi migambi mibisha kigirira u Rwanda.

Yagize ati “U Bubiligi bwakolonije ibyo Bihugu bitatu [u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi] bakagenda bakajya i Kinshasa bagatunga urutoki u Rwanda, bakavuga ko baza kurufatira ibihano kandi bagiye kubwira Isi yose kubikora ku Rwanda. Ariko se wowe nta soni ugira? Guhamagarira Isi yose guteranira ku Rwanda koko, uko rungana?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + six =

Previous Post

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Next Post

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Related Posts

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

IZIHERUKA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
MU RWANDA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.