Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Bubiligi bweruye butanga umucyo ku by’abasirikare babwo bavugwa muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yahakanye amakuru yavugaga ko iki Gihugu cyohereje abasirikare benshi n’ibikoresho bya gisirikare bya rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko yemera ko hari abasirikare batandatu bacyo bari mu gace ka Kindu kari mu bilometero 400 uvuye i Bukavu, ivuga n’icyabajyanye.

Ni nyuma yuko havuzwe amakuru ko Igihugu cy’u Bubiligi cyohereje abasirikare benshi ndetse n’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro za rutura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inkuru yanditswe n’ikinyamakuru ‘The Great Lakes Eye’, ivuga ko ibi byakozwe tariki 17 Werurwe 2025, aho u Bubiligi bwohereje abasirikare bari hagati ya 300 na 400 bagiye guha imyitozo FARDC no gufasha iki gisirikare cya DRC mu rugamba gihanganyemo na AFC/M23.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bafite ibirindiro mu kigo cya Gisirikare cya Lwama muri Kindu, Umurwa Mukuru w’Intara ya Maniema, cyananditse ko aba basirikare banajyanye ibikoresho bihambaye birimo ibifaru ndetse n’indege za gisirikare zitagira abapilote (drone).

Iki kinyamakuru cyavugaga ko aba basirikare bazaha imyitozo abasirikare ba Burigade ya 31 yo mu mutwe udasanzwe mu gisirikare cya Congo uzwi nka Rapid Reaction Units (URR), nk’uko n’ubundi batojwe n’u Bubiligi hagati ya 2008 na 2017.

The Great Lakes Eye yavugaga ko amakuru ahari yemeza ko abasirikare b’u Bubiligi batwawe n’indege y’Igisirikare cy’u Bubiligi tariki 17 Werurwe ikerecyeza i Kinshasa, ikahagera ku munsi wakurikiyeho tariki 18, igakomereza Kindu mbere yuko igaruka i Kinshasa nubundi kuri uwo munsi, ikaza gusubira mu Bubiligi tariki 20 Werurwe.

Agira icyo avuga kuri aya makuru yatangajwe na The Great Lakes Eye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot yayamaganye yivuye inyuma, avuga ko ari amakuru y’ibinyoma.

Icyakora yavuze ko “Hari itsinda ry’abasirikare b’Ababiligi batandatu bari muri Kindu mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inkunga y’u Burayi yo guha igisirikare cya Congo ibikoresho bitari ibyo kurwanisha.”

Yakomeje agira ati “Nta basirikare boherejwe bagamije kujya kugira uruhare mu bikorwa bya gisirikare ibyo ari byo byose, kandi u Bubiligi ntibuteganya kubikora.”

Maxime Prevot wamaganiye kure ayo makuru, yavuze ko ibyatangajwe bigamije kwenyegeza umwuka mubi uhari no guteza urujijo.

U Bubiligi bwagaragaje ko buri inyuma cyane y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ndetse bukaba bwarinjiye mu mugambi wo kugenda bukomatanyiriza u Rwanda, burusabira ibihano burushinja ibinyoma ko ruri inyuma y’ibibazo biri muri Congo.

Ibi byatumye u Rwanda na rwo rufata icyemezo cyo guca umubano warwo n’iki Gihugu cy’i Burayi cyakomeje kurangwa n’imyitwarire ibangamira u Rwanda, nyamara ari rwo pfundo ry’ibibazo byose byarugwiririye byumwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + twenty =

Previous Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Next Post

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.