Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, ari we François Bayrou w’imyaka 73 y’amavuko wagize imyanya inyuranye muri Guverinoma y’iki Gihugu cyahuye no guhungabana muri politiki muri uyu mwaka.

François Bayrou ubaye Minisitiri w’Intebe wa kane muri uyu mwaka, yigeze kuba Minisitiri w’Uburezi muri Guverinoma y’u Bufaransa kuva mu 1993 kugeza mu 1997, ndetse akaba yaranabaye Minisitiri w’Ubutabera muri 2017, akaba yaranabaye Meya w’Umujyi wa Pau wo mu Burengerazuba bw’iki Gihugu.

Uyu Munyapolitiki ashyizweho nyuma yuko mu cyumweru gishize Michel Barnier wari umaze amezi atatu ari Minisitiri w’Intebe, atakarijwe icyizere, akeguzwa.

Uyu François Bayrou yasimbujwe, asanzwe ari inkoramutima ya Perezida Emmanuel Macron, akaba asanzwe ari Umuyobozi w’Ishyaka ‘MoDem’ ry’abitwa Aba-Centre, ritagira aho ribogamira.

Perezida Emmanuel Macron wamushyizeho, yifuza ko uyu munyapolitiki ukuriye Guverinoma mushya atazahura n’ibibazo nk’iby’abamubanjirije.

Kuva muri Kamena uyu mwaka ubwo Emmanuel Macron yatangazaga yifuza politiki itagira uwo iheza, mu Nteko Ishinga Amategeko havutsemo ibice bitatu, aho nta na kimwe gifite ubwiganze bukwiye kugenderwaho mu murongo cyakwiyemeza gushyigikira.

Umunyapolitiki w’inararibonye mu Bufaransa, Thomas Cazeneuve, usanzwe ari Umudepite w’ishyaka ry’Aba-Centre, avuga ko Bayrou ari umunyapolitiki w’inararibonye, ufite “ubuhanga mu kugira ibyo yigomwa.”

Gabriel Attal, na we wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, ubu akaba akuriye ishyaka rya Macron mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko Bayrou “agiyeho mu bihe bigoye mu Bufaransa, ariko nzi ko afite ubuhanga n’imbaraga mu guhagarara ku nyungu rusange z’Igihugu, ndetse no mu kubaka ituze no gushikama by’abaturage b’u Bufaransa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Next Post

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Related Posts

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje...

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

IZIHERUKA

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
MU RWANDA

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.