Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho wese, anashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko ngo zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku basirikare babwo.

Ni nyuma yuko mu bice bimwe byo muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hamaze iminsi habera imirwano ikomeye, yashojwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC ifatanyijwe n’abarimo Igisirikare cy’u Burundi.

Ni ibitero byavuzwe kenshi n’Ihuriro AFC/M23 ribyamaganira kure, rinasaba u Burundi guhagarika ibi bikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, dore ko ibisasu byaraswaga muri biriya bice, ibyinshi byaturukaga mu Burundi, ndetse n’ibitero byo ku butaka bikagabwa n’igisirikare cy’u Burundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard na we yagendeye mu murongo w’ikinyoma cya DRC, avuga ko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashwa n’ingabo z’u Rwanda, ndetse avuga ko bafatanyije kugaba ibitero ku basirikare b’u Burundi bafatanya na FARDC.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, yavuze ko ngo mbere y’amasezerano y’i Washington, u Rwanda rwohereje abasirikare ngo banyuze ku kirwa cya Idjwi.

Kuva cyera u Rwanda rwamaganye ibi birego by’ibinyoma ko nta bufatanye na buto buba hagati y’ingabo zarwo na AFC/M23 ndetse iri Huriro na ryo rikabishimangira.

Nanone kandi Ihuriro AFC/M23 ryo ryatangaje kenshi ko Ingabo z’u Burundi ari zo zinjiye mu mugambi wo gufatanya na Leta ya Kinshasa, wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC.

Abaturage b’Abanyekongo baherutse guhungira mu Rwanda bava mu bice birimo Kamanyola, bahamije ko ibisasu bariho baraswaho, byaturukaga i Burundi birashwe n’igisirikare cya kiriya Gihugu, ndetse bimwe bikaba byarahitanye inzirakarengane nyinshi.

Ku rundi ruhande kandi, Abarundi banyuranye, bakomeje kwamagana uburyo Igihugu cyabo kinjiye muri iyi ntambara, ndetse bamwe mu basirikare bacyo bakaba bakomeje gupfa umusubirizo bivuganwa na AFC/M23.

Hari amakuru avuga ko hari bamwe mu Barundi barimo n’abakomeye mu gisirikare, basaba ko Ingabo z’iki Gihugu ziri muri Congo zicyurwa vuba na bwangu ntizikomeze gushirirayo.

Minisitiri Bizimana yavuze ko u Burundi butazarebera igihe cyose ngo umutekano w’iki Gihugu waba wugarijwe cyangwa mu gihe abasirikare bacyo aho bari muri Congo baba bagabweho ibitero.

Ati “Ikintu cyose kizaza gihungabanya umutekano w’Abarundi, cyangwa gitera abasirikare bacu aho bari, ntituzabihanganira. Twebwe twabivuze nta ntambara dushaka, dushaka kubana n’abaturanyi neza, ariko uzatuvogera tuzamwivuna nta gisibya.”

Minisitiri Bizimana kandi yavuze ko u Burundi n’u Rwanda, hari inzira zo kuganira ngo nubwo zidafite imbaraga, kuko inzego z’ibi Bihugu byombi by’ibituranyi, ziziranye, kandi ko zikomeza kuvugana.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko iby’u Rwanda n’u Burundi, bikiri uko byari bimeze mu minsi yashize, ndetse n’imipaka igifunze, ariko ko u Rwanda amarembo afunguye, igihe cyose u Burundi buzaba bwifuza kuyifungura, no kuganira, rwiteguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − nine =

Previous Post

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Next Post

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.