Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho wese, anashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko ngo zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku basirikare babwo.

Ni nyuma yuko mu bice bimwe byo muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hamaze iminsi habera imirwano ikomeye, yashojwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, rugizwe na FARDC ifatanyijwe n’abarimo Igisirikare cy’u Burundi.

Ni ibitero byavuzwe kenshi n’Ihuriro AFC/M23 ribyamaganira kure, rinasaba u Burundi guhagarika ibi bikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’Abanyekongo, dore ko ibisasu byaraswaga muri biriya bice, ibyinshi byaturukaga mu Burundi, ndetse n’ibitero byo ku butaka bikagabwa n’igisirikare cy’u Burundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard na we yagendeye mu murongo w’ikinyoma cya DRC, avuga ko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashwa n’ingabo z’u Rwanda, ndetse avuga ko bafatanyije kugaba ibitero ku basirikare b’u Burundi bafatanya na FARDC.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, yavuze ko ngo mbere y’amasezerano y’i Washington, u Rwanda rwohereje abasirikare ngo banyuze ku kirwa cya Idjwi.

Kuva cyera u Rwanda rwamaganye ibi birego by’ibinyoma ko nta bufatanye na buto buba hagati y’ingabo zarwo na AFC/M23 ndetse iri Huriro na ryo rikabishimangira.

Nanone kandi Ihuriro AFC/M23 ryo ryatangaje kenshi ko Ingabo z’u Burundi ari zo zinjiye mu mugambi wo gufatanya na Leta ya Kinshasa, wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba bwa DRC.

Abaturage b’Abanyekongo baherutse guhungira mu Rwanda bava mu bice birimo Kamanyola, bahamije ko ibisasu bariho baraswaho, byaturukaga i Burundi birashwe n’igisirikare cya kiriya Gihugu, ndetse bimwe bikaba byarahitanye inzirakarengane nyinshi.

Ku rundi ruhande kandi, Abarundi banyuranye, bakomeje kwamagana uburyo Igihugu cyabo kinjiye muri iyi ntambara, ndetse bamwe mu basirikare bacyo bakaba bakomeje gupfa umusubirizo bivuganwa na AFC/M23.

Hari amakuru avuga ko hari bamwe mu Barundi barimo n’abakomeye mu gisirikare, basaba ko Ingabo z’iki Gihugu ziri muri Congo zicyurwa vuba na bwangu ntizikomeze gushirirayo.

Minisitiri Bizimana yavuze ko u Burundi butazarebera igihe cyose ngo umutekano w’iki Gihugu waba wugarijwe cyangwa mu gihe abasirikare bacyo aho bari muri Congo baba bagabweho ibitero.

Ati “Ikintu cyose kizaza gihungabanya umutekano w’Abarundi, cyangwa gitera abasirikare bacu aho bari, ntituzabihanganira. Twebwe twabivuze nta ntambara dushaka, dushaka kubana n’abaturanyi neza, ariko uzatuvogera tuzamwivuna nta gisibya.”

Minisitiri Bizimana kandi yavuze ko u Burundi n’u Rwanda, hari inzira zo kuganira ngo nubwo zidafite imbaraga, kuko inzego z’ibi Bihugu byombi by’ibituranyi, ziziranye, kandi ko zikomeza kuvugana.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko iby’u Rwanda n’u Burundi, bikiri uko byari bimeze mu minsi yashize, ndetse n’imipaka igifunze, ariko ko u Rwanda amarembo afunguye, igihe cyose u Burundi buzaba bwifuza kuyifungura, no kuganira, rwiteguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Next Post

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.