Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

radiotv10by radiotv10
06/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko rwe i New Delhi rwaranzwe no gusinya amasezerano mashya agamije guhindura imikoranire mu bya gisirikare, mu gihe America na yo ikomeje kongera igitutu ku mpande zombi.

Mu biganiro byamuhuje na Minisitiri w’Intebe w’U Buhinde, Narendra Modi, Putin yavuze ko  Burusiya buzakomeza kuba umufatanyabikorwa wizewe mu gutanga peteroli, gaze n’amakara, nk’uko bikenewe mu iterambere ry’ubukungu bw’u Buhinde.

Yagize ati: “Twiteguye gukomeza kohereza ibicanwa mu Buhinde nta nkomyi mu gihugu nk’iki gifite ubukungu buri kwihuta.”

Aba bayobozi bombi banatangaje ko umubano wabo mu bya gisirikare uri guhindurwamo icyerekezo gishya, kirimo gukorera hamwe mu bushakashatsi, mu ikoranabuhanga no mu gukora ibikoresho by’intambara bigezweho, hagamijwe kongera kwigira k’U Buhinde mu bya gisirikare.

Uruzinduko rwa Putin ni rwo rwa mbere agiriye mu Buhinde kuva Uburusiya bwatangiza intambara yeruye muri Ukraine mu 2022. Rubaye kandi mu gihe U Buhinde bushaka koroherezwa ku misoro ikomeye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabushyiriyeho kubera kugura peteroli y’Uburusiya.

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yashimye byimazeyo Perezida Putin k’ubudahemuka n’ubwitange akomeje kugaragariza U Buhinde. Yavuze ko ingufu zisubira ari inkingi ikomeye y’umubano w’ibihugu byombi. Gusa Bwana Modi ntiyakomoje ku ngingo yo kugura peteroli y’Uburusiya, yatumye Amerika ishyiraho umusoro wa 50% ku bicuruzwa byinshi biva muri iki gihugu bijya muri Amerika.

Ubwo yageraga mu Buhinde, Putin yakiriwe mu buryo budasanzwe muri Rashtrapati Bhavan, yakirwa n’Umukuru w’Igihugu Droupadi Murmu ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Narendra Modi mu muhango w’icyubahiro. Putin kandi yanashyize indabo ku rwibutso rwa Mahatma Gandhi i Raj Ghat, mbere yo gukomereza ibiganiro muri Hyderabad House, aho impande zombi zasinyiye amasezerano mashya y’ubufatanye.

Iyi nama yerekanye ubushake bwa Moscow bwo kongera kubaka umubano n’U Buhinde, n’ubwo hari igitutu gikomeje guturuka ku Burengerazuba, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uburusiya burashaka kongerera imbaraga umubano wabwo n’U Buhinde, bufatwa nk’umuguzi mukuru w’intwaro zabwo. Impande zombi zihaye intego yo kongera ubucuruzi bukagera kuri miliyari 100 z’amadolari bitarenze 2030, buvuye kuri miliyari 68 z’amadolari zariho mu 2024.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 14 =

Previous Post

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Next Post

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y'imyaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.