Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, rwubatse ubushobozi bushikamye by’umwihariko mu nzego z’umutekano, buzatuma iki Gihugu kibaho mu mahoro iteka ryose.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, mu muhango wabereye muri Sitade Amahoro nshya, witabiriwe n’Abanyarwanda bagera mu bihumbi 40.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ahabereye uyu muhango na ho ubwaho ari ikimenyetso cy’ibyagezweho muri iyi myaka 30 ishize, yaranzwe no kubaka Igihugu mu nzego zose ndetse no mu kubaka umutekano n’imibereho by’Abanyarwanda.

Ati “Mpereye no kuri aha turi, ni kimwe mu bigaragaza uko tugenda twiyubaka twongera kubaka Igihugu cyacu […] Abanyarwanda ubu baratekanye kandi barakomeye kurusha uko bari bameze mu bihe byose byatambutse.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 30 ishize, iyi Sitade Amahoro, yari yahungiyemo bamwe mu Banyarwanda kubera Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi, bamwe muri bo bakaza no gutabarwa n’ababohoye Igihugu babikoranye ubwitange bukomeye.

Ati “Tariki 04 Nyakanga dushimira ababohoye u Rwanda kandi tukazirikana abatanze ubuzima bwabo. Igisirikare cyacu n’inzego z’umutekano zacu, ni ikimenyetso cy’ubumwe n’umutekano.”

Yavuze ko nyuma y’uko hari harangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda, hari hakurikiyeho urwo kubaka Igihugu na rwo rutari rworoshye kuko cyari gisigaye ari umuyonga kubera gusenywa n’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayikora.

Perezida Kagame yavuze ko kuva mu myaka 30 ishize Ingabo z’Igihugu zakoze ibishoboka byose mu kwita ku baturage bose mu buryo bungana kandi n’ubu ari ko bikimize kuko zigaragara mu bikowa bizamura imibereho y’abaturage mu nzego zinyuranye, yaba mu bikorwa remezo no mu buvuzi.

Yavuze ko bitari byoroshye kuko hari ubushobozi bucye, bigasaba kubukoresha mu byari bigoye, ariko ko byatanze umusaruro ukomeye kandi ushimishije.

Perezida Kagame ubwo yasuraga akarasisi k’Ingabo na Polisi by’u Rwanda

Amahoro y’u Rwanda ntakizongera kuyatokoza

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuva muri iyi myaka 30 ishize, u Rwanda rutahwemye kwifuza kubana neza n’amahanga ruhereye ku Bihugu by’ibituranyi.

Ati “U Rwanda rushaka amahoro yacu, kandi n’ayabandi bose mu karere kacu. Tuzi agaciro k’amahoro kurusha abandi bose, yewe no kubarusha cyane.”

Akomeza avuga ko kandi ibi bigaragazwa n’umusanzu utangwa n’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga no kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye mu butumwa runakoranamo n’Umuryango w’Abibumbye.

Ati “Ahakenewe ubutabazi, u Rwanda ntizahabura, ariko igisubizo cy’imidugararo, ni ugushaka umuti w’ikibazo mu buryo bwa politiki, inzira za gisirikare ntabwo zarusha gutanga umusaruro iza politiki.”

Yavuze ko kwibohora biharanirwa kandi bikagerwaho iyo abaturage babyiyumvamo, kandi bakabikora ntawe ubibategetse, ndetse ko ari na ko byagenze ku Banyarwanda banze akarengane kari mu Gihugu kakorerwaga uruhande rumwe rwabo, kandi ko Abanyarwanda bazakomeza kubiharanira. Ati “U Rwanda ruzakomeza kuba mu mahoro kabona n’iyo haza icyo ari cyo cyose.”

Perezida Paul Kagame, yavuze ko muri iyi myaka yose ishize, politiki y’u Rwamda ishingiye ku kubazwa inshingano no kwiha intego kandi ko bireba Umunyarwanda wese, guharanira imibereho myiza, kandi buri wese akubaha undi.

Ati “Twubaha Guverinoma yacu ariko ntituyitinya, kuko ikorera twese itavanguye.”

Yavuze ko hari abari hanze batarumva amahitamo y’Abanyarwanda, ku buryo hari n’abashaka kurogoya ibiriho byubakwa mu Rwanda, ariko ko ibyo bakora byose ntacyo bizageraho kabone nubwo banyura inzira zose zaba zirimo ikoranabuhanga nko kuri interineti basebya u Rwanda.

Indangagaciro z’Abanyarwanda kandi zituma nta muntu n’umwe ushobora kubambura uburenganzira bwabo kuko babuharaniye mu gihe Isi yari yarabatereranye.

 

Urubyiruko ruhanzwe amaso

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaboneyeho kugenera ubutumwa bwihariye Urubyiruko n’abakiri bato, by’umwihariko abavutse mu myaka 30 ishize, abizeza ko Igihugu cyubatswe mu buryo bubaha icyizere ko bazabaho batekanye bitandukanye n’uko ababyeyi babo babayeho.

Ati “Twatangiye urwo rugendo mu myaka 30, ubu ni mwe duhanze amaso, twe ababohoye Igihugu, kugira ngo mutugeze kure heza twifuza.”

Perezida Kagame yavuze ko intego y’u Rwanda ari ugutuma buri Munyarwanda abaho neza akagira imibereho myiza mu nguni zose z’ubuzima.

Yavuze ko urubyiruko rufite uburenganzira ndetse n’amahirwe yo ko gukora ibyo bashaka no kubaho ubuzima bashaka, ariko babikorera ineza y’Igihugu cyabo.

Ati “Iki Gihugu ni mwe mugomba kukirinda mukakirwanirira. Kwibohora nyako gutangira iyo urusaku rw’imbunda rugabanutse cyangwa rutagihari.”

Perezida Kagame yavuze ko mu gihe Abanyarwanda bizihiza isabukuru y’imyaka 30 ishize bibohoye, hari byinshi byo kwishimira, ari na ko bahanga amaso ejo hazaza kugira ngo hazarusheho kuba heza.

Umukuru w’u Rwanda ubwo yageraga muri Sitade Amahoro yabanje kwerekwa akarasisi

Perezida Kagame yari kumwe na Madamu Jeannette Kagame
Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko u Rwanda ruzakomeza kubaho rutekanye
Abanyarwanda benshi bari baje gukurikirana uyu muhano

Akarasisi kashushanyije umubare 30 ugaragaza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Next Post

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.