Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, rwubatse ubushobozi bushikamye by’umwihariko mu nzego z’umutekano, buzatuma iki Gihugu kibaho mu mahoro iteka ryose.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, mu muhango wabereye muri Sitade Amahoro nshya, witabiriwe n’Abanyarwanda bagera mu bihumbi 40.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ahabereye uyu muhango na ho ubwaho ari ikimenyetso cy’ibyagezweho muri iyi myaka 30 ishize, yaranzwe no kubaka Igihugu mu nzego zose ndetse no mu kubaka umutekano n’imibereho by’Abanyarwanda.

Ati “Mpereye no kuri aha turi, ni kimwe mu bigaragaza uko tugenda twiyubaka twongera kubaka Igihugu cyacu […] Abanyarwanda ubu baratekanye kandi barakomeye kurusha uko bari bameze mu bihe byose byatambutse.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 30 ishize, iyi Sitade Amahoro, yari yahungiyemo bamwe mu Banyarwanda kubera Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi, bamwe muri bo bakaza no gutabarwa n’ababohoye Igihugu babikoranye ubwitange bukomeye.

Ati “Tariki 04 Nyakanga dushimira ababohoye u Rwanda kandi tukazirikana abatanze ubuzima bwabo. Igisirikare cyacu n’inzego z’umutekano zacu, ni ikimenyetso cy’ubumwe n’umutekano.”

Yavuze ko nyuma y’uko hari harangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda, hari hakurikiyeho urwo kubaka Igihugu na rwo rutari rworoshye kuko cyari gisigaye ari umuyonga kubera gusenywa n’ubutegetsi bubi bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayikora.

Perezida Kagame yavuze ko kuva mu myaka 30 ishize Ingabo z’Igihugu zakoze ibishoboka byose mu kwita ku baturage bose mu buryo bungana kandi n’ubu ari ko bikimize kuko zigaragara mu bikowa bizamura imibereho y’abaturage mu nzego zinyuranye, yaba mu bikorwa remezo no mu buvuzi.

Yavuze ko bitari byoroshye kuko hari ubushobozi bucye, bigasaba kubukoresha mu byari bigoye, ariko ko byatanze umusaruro ukomeye kandi ushimishije.

Perezida Kagame ubwo yasuraga akarasisi k’Ingabo na Polisi by’u Rwanda

Amahoro y’u Rwanda ntakizongera kuyatokoza

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kuva muri iyi myaka 30 ishize, u Rwanda rutahwemye kwifuza kubana neza n’amahanga ruhereye ku Bihugu by’ibituranyi.

Ati “U Rwanda rushaka amahoro yacu, kandi n’ayabandi bose mu karere kacu. Tuzi agaciro k’amahoro kurusha abandi bose, yewe no kubarusha cyane.”

Akomeza avuga ko kandi ibi bigaragazwa n’umusanzu utangwa n’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga no kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye mu butumwa runakoranamo n’Umuryango w’Abibumbye.

Ati “Ahakenewe ubutabazi, u Rwanda ntizahabura, ariko igisubizo cy’imidugararo, ni ugushaka umuti w’ikibazo mu buryo bwa politiki, inzira za gisirikare ntabwo zarusha gutanga umusaruro iza politiki.”

Yavuze ko kwibohora biharanirwa kandi bikagerwaho iyo abaturage babyiyumvamo, kandi bakabikora ntawe ubibategetse, ndetse ko ari na ko byagenze ku Banyarwanda banze akarengane kari mu Gihugu kakorerwaga uruhande rumwe rwabo, kandi ko Abanyarwanda bazakomeza kubiharanira. Ati “U Rwanda ruzakomeza kuba mu mahoro kabona n’iyo haza icyo ari cyo cyose.”

Perezida Paul Kagame, yavuze ko muri iyi myaka yose ishize, politiki y’u Rwamda ishingiye ku kubazwa inshingano no kwiha intego kandi ko bireba Umunyarwanda wese, guharanira imibereho myiza, kandi buri wese akubaha undi.

Ati “Twubaha Guverinoma yacu ariko ntituyitinya, kuko ikorera twese itavanguye.”

Yavuze ko hari abari hanze batarumva amahitamo y’Abanyarwanda, ku buryo hari n’abashaka kurogoya ibiriho byubakwa mu Rwanda, ariko ko ibyo bakora byose ntacyo bizageraho kabone nubwo banyura inzira zose zaba zirimo ikoranabuhanga nko kuri interineti basebya u Rwanda.

Indangagaciro z’Abanyarwanda kandi zituma nta muntu n’umwe ushobora kubambura uburenganzira bwabo kuko babuharaniye mu gihe Isi yari yarabatereranye.

 

Urubyiruko ruhanzwe amaso

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaboneyeho kugenera ubutumwa bwihariye Urubyiruko n’abakiri bato, by’umwihariko abavutse mu myaka 30 ishize, abizeza ko Igihugu cyubatswe mu buryo bubaha icyizere ko bazabaho batekanye bitandukanye n’uko ababyeyi babo babayeho.

Ati “Twatangiye urwo rugendo mu myaka 30, ubu ni mwe duhanze amaso, twe ababohoye Igihugu, kugira ngo mutugeze kure heza twifuza.”

Perezida Kagame yavuze ko intego y’u Rwanda ari ugutuma buri Munyarwanda abaho neza akagira imibereho myiza mu nguni zose z’ubuzima.

Yavuze ko urubyiruko rufite uburenganzira ndetse n’amahirwe yo ko gukora ibyo bashaka no kubaho ubuzima bashaka, ariko babikorera ineza y’Igihugu cyabo.

Ati “Iki Gihugu ni mwe mugomba kukirinda mukakirwanirira. Kwibohora nyako gutangira iyo urusaku rw’imbunda rugabanutse cyangwa rutagihari.”

Perezida Kagame yavuze ko mu gihe Abanyarwanda bizihiza isabukuru y’imyaka 30 ishize bibohoye, hari byinshi byo kwishimira, ari na ko bahanga amaso ejo hazaza kugira ngo hazarusheho kuba heza.

Umukuru w’u Rwanda ubwo yageraga muri Sitade Amahoro yabanje kwerekwa akarasisi

Perezida Kagame yari kumwe na Madamu Jeannette Kagame
Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko u Rwanda ruzakomeza kubaho rutekanye
Abanyarwanda benshi bari baje gukurikirana uyu muhano

Akarasisi kashushanyije umubare 30 ugaragaza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 6 =

Previous Post

Iby’ingezi ku munyezamu mushya waguzwe na Rayon Sports WFC yitegura guhagararira u Rwanda

Next Post

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.