Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Joe Ritchie wari umwe mu nshuti zikomeye z’u Rwanda akaba yari no mu bagize Akanama k’Abajyanama (PAC/Presidential Advisory Council) ba Perezida Kagame, yitabye Imana.

Uyu Munyamerika Joe Ritchie witabye Imana ku myaka 75, yabaye Umuyobozi Mukuru wa mbere w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gisinzwe Iterambere RDB, bwihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubu butumwa bwa RDB, buvuga igihe Joseph Ritchie yari Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, “Yagize uruhare rw’ingenzi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi mu Rwanda akaba yaranagize uruhare mu mishinga yo guteza imbere ishoramari.

The Board, Management and Staff of the Rwanda Development Board extend their deepest condolences to the family of Joseph Ritchie, who passed away today. pic.twitter.com/uDcWjQZLpp

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 22, 2022

Joe Ritchie wari unafite ubwenegihugu bw’u Rwanda, yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe, u Rwanda rubuze indi nshuti ikomeye, Paul Farmer wagize uruhare mu iterambere ry’ubuvuzi bw’u Rwanda.

Paul Farmer wagize uruhare mu ishinhwa rya Kaminuza ya Butaro, yanatangije Umuryango Partners In Health (PIH) uzwi nk’Inshuti mu Buzima.

Perezida Paul Kagame yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Paul Farmer, mu butumwa yanyujije kuri Twitter aho yagize ati “Biragoye kubona amagambo yo kuvuga inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Paul Farmer.”

Izi nshuti z’u Rwanda ebyiri, zitabye Imana mu cyumweru kimwe, ni bamwe mu batanze umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda rishimwa na buri wese.

Muri 2019, Joe Ritchie na Paul Farmer bari bambitswe umudari w’ishimwe w’Igihango cy’ubucuti bafitanye n’u Rwanda.

Joe Ritchie yari inshuti y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

TdRda2022: Umunya-Colombia Restrepo yongeye kwigaragaza yegukana Kigali-Rubavu, Umunyarwanda wa hafi ni uwa 23

Next Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n'umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.