Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Joe Ritchie wari umwe mu nshuti zikomeye z’u Rwanda akaba yari no mu bagize Akanama k’Abajyanama (PAC/Presidential Advisory Council) ba Perezida Kagame, yitabye Imana.

Uyu Munyamerika Joe Ritchie witabye Imana ku myaka 75, yabaye Umuyobozi Mukuru wa mbere w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gisinzwe Iterambere RDB, bwihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubu butumwa bwa RDB, buvuga igihe Joseph Ritchie yari Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, “Yagize uruhare rw’ingenzi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi mu Rwanda akaba yaranagize uruhare mu mishinga yo guteza imbere ishoramari.

The Board, Management and Staff of the Rwanda Development Board extend their deepest condolences to the family of Joseph Ritchie, who passed away today. pic.twitter.com/uDcWjQZLpp

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 22, 2022

Joe Ritchie wari unafite ubwenegihugu bw’u Rwanda, yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe, u Rwanda rubuze indi nshuti ikomeye, Paul Farmer wagize uruhare mu iterambere ry’ubuvuzi bw’u Rwanda.

Paul Farmer wagize uruhare mu ishinhwa rya Kaminuza ya Butaro, yanatangije Umuryango Partners In Health (PIH) uzwi nk’Inshuti mu Buzima.

Perezida Paul Kagame yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Paul Farmer, mu butumwa yanyujije kuri Twitter aho yagize ati “Biragoye kubona amagambo yo kuvuga inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Paul Farmer.”

Izi nshuti z’u Rwanda ebyiri, zitabye Imana mu cyumweru kimwe, ni bamwe mu batanze umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda rishimwa na buri wese.

Muri 2019, Joe Ritchie na Paul Farmer bari bambitswe umudari w’ishimwe w’Igihango cy’ubucuti bafitanye n’u Rwanda.

Joe Ritchie yari inshuti y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fourteen =

Previous Post

TdRda2022: Umunya-Colombia Restrepo yongeye kwigaragaza yegukana Kigali-Rubavu, Umunyarwanda wa hafi ni uwa 23

Next Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n'umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.