Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/02/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwabuze indi nshuti yarwo Joe Ritchie wari no mu Bajyanama ba Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Joe Ritchie wari umwe mu nshuti zikomeye z’u Rwanda akaba yari no mu bagize Akanama k’Abajyanama (PAC/Presidential Advisory Council) ba Perezida Kagame, yitabye Imana.

Uyu Munyamerika Joe Ritchie witabye Imana ku myaka 75, yabaye Umuyobozi Mukuru wa mbere w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gisinzwe Iterambere RDB, bwihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Ubu butumwa bwa RDB, buvuga igihe Joseph Ritchie yari Umuyobozi Mukuru w’iki Kigo, “Yagize uruhare rw’ingenzi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi mu Rwanda akaba yaranagize uruhare mu mishinga yo guteza imbere ishoramari.

The Board, Management and Staff of the Rwanda Development Board extend their deepest condolences to the family of Joseph Ritchie, who passed away today. pic.twitter.com/uDcWjQZLpp

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 22, 2022

Joe Ritchie wari unafite ubwenegihugu bw’u Rwanda, yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe, u Rwanda rubuze indi nshuti ikomeye, Paul Farmer wagize uruhare mu iterambere ry’ubuvuzi bw’u Rwanda.

Paul Farmer wagize uruhare mu ishinhwa rya Kaminuza ya Butaro, yanatangije Umuryango Partners In Health (PIH) uzwi nk’Inshuti mu Buzima.

Perezida Paul Kagame yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Paul Farmer, mu butumwa yanyujije kuri Twitter aho yagize ati “Biragoye kubona amagambo yo kuvuga inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Paul Farmer.”

Izi nshuti z’u Rwanda ebyiri, zitabye Imana mu cyumweru kimwe, ni bamwe mu batanze umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda rishimwa na buri wese.

Muri 2019, Joe Ritchie na Paul Farmer bari bambitswe umudari w’ishimwe w’Igihango cy’ubucuti bafitanye n’u Rwanda.

Joe Ritchie yari inshuti y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 4 =

Previous Post

TdRda2022: Umunya-Colombia Restrepo yongeye kwigaragaza yegukana Kigali-Rubavu, Umunyarwanda wa hafi ni uwa 23

Next Post

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe
MU RWANDA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Miss Igisabo yerekanye ko urukundo rwe n'umusore yihebeye rugeze aharyoshye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.