Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, bigaragaza umugambi wo kubarimbura, birimo kubica, kubicisha inzara, kubatwikira no kubafungira inzira zose z’imibereho.

Yabitangarije mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano yigaga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariko mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amb. Ngoga yavuze ko ibyo kurenga ku gahenge, byakozwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko n’ubundi yari ikomeje uwo mugambi, kuko imvugo zari zikomeje gutangazwa na bamwe mu bayobozi bayo, zumvikanagamo imigambi mibisha.

Yavuze ko ibiriho bibera muri Kivu y’Epfo, bitari bikwiye kwirengagizwa n’aka Kanama, kuko hari abaturage benshi bakomeje kuhaburira ubuzima, kandi ko bimaze iminsi, byumwihariko bikaba biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanyamulenge.

Yavuze ko yifuza kugaruka ku bibazo byugarije aba Banyekongo b’Abanyamulenge, kuko ibyo bariho bakorerwa biteye agahinda kandi bigaragaza ko bigamije kubarimbura.

Yagaragaje ko “kuva muri 2017, ahantu 85% hari hatuwe n’Abanyamulenge muri iriya Ntara ya Kivu y’Epfo, harasenywe, ndetse inka zabo zibarirwa mu bihumbi 700 ari na zo basanzwe bakesha imibereho yabo, ziranyagwa ziranicwa.”

Yahise agaragaza amatariki y’ingenzi yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, nko ku itariki ya 16 Ukwakira 2025, aho umuhanda umwe rukumbi werecyeza ku isoko rya Mitamba ukaba warafunzwe, bikabangamira urujya n’uruza rw’ibiribwa.

Naho ku itariki 06 Nzeri 2025, abantu bari hagati ya 80 n’ 100 b’Abanyamulenge, biganjemo abagore bariho bataha bacyuye ibyo gutunga imiryango yabo, batezwe igico n’abasirikare ba FARDC bari kumwe n’ab’u Burundi ndetse n’inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai, ndetse bamwe barabica, abandi babakorera iyicacurubozo, banabafata ku ngufu.

Ku itariki ya 29 Nzeri 2025, ndetse n’andi matariki anyuranye, hagiye hagabwa ibitero by’indege za Drone, byagiye byibasira inkambi zituwemo n’Abanyamulenge mu bice bya Mikenge.

Ku itariki ya 27 Nzeri 2025, drone yo mu bwoko bwa CH-4 y’ingabo z’u Burundi, yarashe mu gace ka Nzibira mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe ku itariki ya 15 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2025, drone z’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa, zarashe ibisaSu nanone mu gace ka Mikenge, kabamo Abanyamulenge n’ubundi bagiye bava mu byabo.

Ambasaderi Martin Ngoga yagaragarije Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, ko kuva muri Werurwe kugeza muri uku kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, muri kariya gace hamaze kugabwa ibitero 50 byose byo mu kirere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + eleven =

Previous Post

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

Next Post

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y'igitero gifatwa nk'igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.