Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, bigaragaza umugambi wo kubarimbura, birimo kubica, kubicisha inzara, kubatwikira no kubafungira inzira zose z’imibereho.

Yabitangarije mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano yigaga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariko mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amb. Ngoga yavuze ko ibyo kurenga ku gahenge, byakozwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko n’ubundi yari ikomeje uwo mugambi, kuko imvugo zari zikomeje gutangazwa na bamwe mu bayobozi bayo, zumvikanagamo imigambi mibisha.

Yavuze ko ibiriho bibera muri Kivu y’Epfo, bitari bikwiye kwirengagizwa n’aka Kanama, kuko hari abaturage benshi bakomeje kuhaburira ubuzima, kandi ko bimaze iminsi, byumwihariko bikaba biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanyamulenge.

Yavuze ko yifuza kugaruka ku bibazo byugarije aba Banyekongo b’Abanyamulenge, kuko ibyo bariho bakorerwa biteye agahinda kandi bigaragaza ko bigamije kubarimbura.

Yagaragaje ko “kuva muri 2017, ahantu 85% hari hatuwe n’Abanyamulenge muri iriya Ntara ya Kivu y’Epfo, harasenywe, ndetse inka zabo zibarirwa mu bihumbi 700 ari na zo basanzwe bakesha imibereho yabo, ziranyagwa ziranicwa.”

Yahise agaragaza amatariki y’ingenzi yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, nko ku itariki ya 16 Ukwakira 2025, aho umuhanda umwe rukumbi werecyeza ku isoko rya Mitamba ukaba warafunzwe, bikabangamira urujya n’uruza rw’ibiribwa.

Naho ku itariki 06 Nzeri 2025, abantu bari hagati ya 80 n’ 100 b’Abanyamulenge, biganjemo abagore bariho bataha bacyuye ibyo gutunga imiryango yabo, batezwe igico n’abasirikare ba FARDC bari kumwe n’ab’u Burundi ndetse n’inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai, ndetse bamwe barabica, abandi babakorera iyicacurubozo, banabafata ku ngufu.

Ku itariki ya 29 Nzeri 2025, ndetse n’andi matariki anyuranye, hagiye hagabwa ibitero by’indege za Drone, byagiye byibasira inkambi zituwemo n’Abanyamulenge mu bice bya Mikenge.

Ku itariki ya 27 Nzeri 2025, drone yo mu bwoko bwa CH-4 y’ingabo z’u Burundi, yarashe mu gace ka Nzibira mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe ku itariki ya 15 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2025, drone z’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa, zarashe ibisaSu nanone mu gace ka Mikenge, kabamo Abanyamulenge n’ubundi bagiye bava mu byabo.

Ambasaderi Martin Ngoga yagaragarije Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, ko kuva muri Werurwe kugeza muri uku kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, muri kariya gace hamaze kugabwa ibitero 50 byose byo mu kirere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

Next Post

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y'igitero gifatwa nk'igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.