Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa kubona inguzanyo zo gushora imari muri ubwo butunzi.

I Waza muri Turkmenstan muri Asia yo hagati, hateraniye ku bibazo byugarije Ibihugu 32 biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku Nyanja.

Urutonde rw’Umuryango w’Abibumbye rugaragaza ko u Rwanda ari kimwe muri ibyo Bihugu bikomeje urugendo rw’iterambere muri ubwo buryo bavuga ko butoroshye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yagize ati “Iyo ibihugu bidakora ku Nyanja; tubona urusobe runini rw’ibibazo.”

Muri ibyo Bihugu 32; harimo 16 byo ku Mugabane wa Afurika. Guterres avuga ko nubwo ibi Bihugu bifite ubutunzi bwinshi; ariko byugarijwe n’ibibazo bitandukanye.

Yagize ati “Amadeni akomeje kurenga ubushobozi bw’Ibihugu. 1/3 cy’Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku nyanja; byugarijwe n’ibibazo by’intambara n’umutekano muce. Nubwo ibi Bihugu byihariye 7% by’abaturage b’Isi yose; ariko bigira uruhare rwa 1% mu bukungu bw’Isi.

Yakomeje agira ati “Ibi bihugu bifite ubutunzi bwinshi burimo umutungo kamere n’abakozi bahagije, ariko uwo mutungo ntubyazwa umusaruro kubera ko badafite igishoro cyo kuwutunganya no kuwugeza ku isoko. Uyu munsi kandi ikibazo cyo kutagerwaho n’ikoranabuhanga kirakomeye, abatuye muri ibi Bihugu ntibarikoresha byumwihariko abagore n’abatuye mu cyaro ntiribageraho.”

Uyu mukuru w’Umuyango w’Abibumbye avuga ko amahanga agomba gufasha ibi Bihugu kuva muri ubu bwigunge mu iterambere.

Ati “Ibiganiro by’uyu munsi byagaragaje ko Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku Nyanja; ntabwo bikeneye abagiraneza, bakeneye koroherezwa kubona igishoro nk’abandi. Imikorere y’ibigo bitanga inguzanyo igomba kuvugururwa kugira ngo bifashe ababikeneye cyane.

Ibihugu byinshi byugarijwe n’amadeni menshi ibindi byabuze igishoro, bishyura menshi ku nguzanyo, ariko bagahabwa inkunga nke. Dukeneye ko bahabwa inguzanyo ihendutse, bakanasonerwa inguzanyo. Ibigo by’imari na byo bigomba kumva imikorere yo mumyaka 80 ishize; bikajyana n’aho igihe kigeze.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishizwe ubucuruzi rigaragaza ko buri mwaka Umugabane wa Afurika unyereza inkunga ingana na miliyari 88.6 USD, angana na 3% by’umusaruro mbumbe w’uyu Mugabane.

Hagati y’umwaka wa 2000 na 2015 uyu Mugabane wanyereje inkunga ingana na miliyari 836 USD, aruta inguzanyo uyu Mugabane wahawe muri 2018.

Muri 2023 uyu Mugabane wahawe inkunga ya miliyari 75 USD ariko banyereza miliyari 90 USD. Abahanga b’uyu muryango bavuga ko bituma uyu Mugabane uhorana icyuho cya miliyari 200 USD mu ngengo y’imari ya buri mwaka. Ibi ni kimwe bigwingiza iterambere ry’ibi Bihugu.

Bavuga ko igikenewe cya mbere ari uko ibi Bihugu bigomba kubanza kunoza imikoreshereze y’inkunga n’inguzanyo, bigahangana n’abatwara aya mafaranga aba agenewe guteza imbere imibereho y’abaturage.

Icyakora u Rwanda rwo ruri mu Bihugu bigaragaza ko amafaranga yose rwakira akoreshwa icyo yagenewe, ari na byo bituma amahanga arushaho kurwizera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 6 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Next Post

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.