Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu ihuza intumwa ziturutse mu Bihugu bitatu (u Rwanda, Uganda na Kenya) bihuriye mu mishinga yo kwishyira hamwe mu by’umutekano mu Muhora wa Ruguru, kugira ngo ziganire ku bibazo bikibangamiye umutekano w’ababituye.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 08 kugeza ku ya 10 Mutarama 2025, aho ihuriyemo intumwa zo mu nzego z’umutekano zo mu Bihugu bihuriye muri uyu muhora wa ruguru (Northern Corridor Integration Projects Defence Cluster), birimo Uganda, na Kenya n’u Rwanda rwayakiriye. Igihugu Sudani y’Epfo gisanzwe ari umunyamuryango, ntikitabiriye iyi nama.

Iyi nama ibanjiriye iy’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri uyu Muhoro wa Ruguru iteganyijwe mu minsi iri imbere, irasuzimirwamo ibibazo bikibangamiye umutekano w’abaturage b’ibi Bihugu.

Iyi nama inasuzumirwamo ishusho y’imishinga igirwamo uruhare n’inzego z’umutekano ifitiye akamaro abaturage bo muri ibi Bihugu, izanategurirwamo iyi izahuza Abakuru b’Ibihugu mu minsi igiye kuza.

Kwihuriza hamwe kw’ibi Bihugu, byashibutse mu bitekerezo by’Abakuru babyo babonye ari ngombwa ko ibi Bihugu bihuza imbaraga mu bya gisirikare no mu mutekano, aho haje kuvuka uyu muryango w’Umugora wa Ruguru muri 2013, wari ugizwe n’Ibihugu bitatu: u Rwanda, Uganda na Kenya, nyuma haza kwiyongeramo n’Igihugu cya Sudani y’Epfo, kinjiyemo muri 2018, ariko kikaba kititabiriye iyi nama iri kubera i Kigali.

Ubuyobozo bwa RDF ni bwo bwakiriye iyi nama
Brig Gen Patrick Karuretwa yafunguye ku mugaragaro iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye

Next Post

Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.